Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Bishimira Akamaro Ifu Y’Isambaza Igira Mu Mikurire Y’Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rusizi: Bishimira Akamaro Ifu Y’Isambaza Igira Mu Mikurire Y’Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2025 3:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Karere ka Rusizi ahari Koperative y’abarobyi kitwa Projet Pêche mu Murenge wa Kamembe hafi y’ikiyaga cya Kivu neza neza, bavuga ko ifu y’isambaza yagize kandi igifitiye akamaro ku mikurire myiza y’abana babo.

Isambaza ni ubwoko by’ibyo mu mazi bifitanye isano n’amafi.

Ziba nto kandi zikagira ibara ry’umweru, hakiyongeraho ko  zigakungahara ku ntungamubiri.

Abo muri Koperative yavuzwe haruguru, bavuga ko isambaza bakusanya  zizanwa n’abarobyi bibumbiye mu makoperative, hanyuma bakagurirwa umusaruro.

Uwo musaruro ushobora kuzanwa n’abibumbiye muri Koperative cyangwa se ukazanwa na runaka ku giti cye.

Mu rwego rwo kuwongerera agaciro no kuwirinda kwangirika, abo muri Koperative Projet Pêche babanza gushyira isambaza mu cyuma kizikonjesha.

Zihava zishyirwa ku byuma bifite aho amazi aca kugira ngo zumuke.

Nyuma hakurikiraho kuzumisha bihagije mbere y’uko zimwe cyangwa zose uko zingana zikorwamo ifu igurishwa ku bayishaka.

Amza uyobora Projet Pêche ati: ” Umusaruro tubona turawutunganya, tukawurinda kwangirika ukagera ku bacuruzi n’abandi bawukeneye kugira ngo ufashe abantu mu kurwanya ingaruka z’imirire mibi”.

Mu rwego rwo gukurikiza ibipimo biboneye mu gupima ibikomoka ku bworozi bw’ibyo mu mazi kugira ngo hato bitazagaburirwa abantu bitujuje ubuziranenge, abakozi b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge, bashima uko abo muri iriya Koperative babigenza.

Amza uyobora Projet Pêche

Babwiye itangazamakuru riri mu bukangurambaga bugamije kwimakaza ubuziranenge no gukurikiza ingero n’ibipimo mu bucuruzi bw’imbuto, imboga n’amafi,  ko ibintu byose bikwiye kuba bipimye neza kandi byujuje ubuziranenge.

Kabalisa Placide ukora mu Ishami ry’ibipimo mu kigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge avuga ko iyo ibyo bidakurikijwe, kwizera ubuziranenge bw’ibyo biribwa biba bigoye.

Ati: ” Iyo umusaruro uzanywe, hari ibiba bigomba gusuzumwa, hakarebwa niba ibilo byuzuye, niba ufite ubuhehere nyabwo n’ibindi. Imashini zishinzwe ibyo byose zigomba kuba zarasuzumwe neza hakarebwa ko zikora”.

Amabwiriza y’ubuziranenge kandi ateganya ko umunzani ucururizwaho ibyo byose ugomba kuba wujuje ibisabwa byose, uregeye neza.

Nathan Kabanguka ukora mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku mikurire myiza y’abana, NCDA, avuga ko guteza imbere imirire y’ibikomoka mu mazi bigira uruhare mu kugabanya ubukana bw’imirire mibi, by’umwihariko, mu bana.

Nathan Kabanguka

Icyakora avuga ko Akarere ka Rusizi kari mu Turere twigeze kugaragaramo imirire mibi hashingiwe ku bushakashatsi bwo mu mwaka wa  2020.

Avuga ko igishimishije  ari uko mu myaka yatambutse hari intambwe yatewe mu kugabanya ubukana bw’icyo kibazo haba muri Rusizi n’ahandi mu Rwanda.

Abajijwe impamvu Rusizi igwingiza kandi ifite amafi n’isambaza, yasubije ko ahaninI biterwa no kutumva akamaro ko kubirya cyangwa kubigaburira abana.

Avuga ko kutajijukirwa n’akamaro ko kurya isambaza biri mu bigwingiza abana.

Kabanguka avuga ko bikwiye ko umuryango nyarwanda umenyerezwa kurya ibikomoka ku matungo ni ukuvuga  amafi, amata n’amagi.

By’umwihariko kandi  abarobyi n’abaturiye ikiyaga cya Kivu basabwa kutagurisha amafi yose baroba ahubwo bakajya bayagaburira n’abana babo.

Abarobyi n’abaturiye ikiyaga cya Kivu basabwa kugaburira abana babo amafi.

Gatera Emmanuel uyobora ishami rishyiraho amabwiriza y’ubuziranenge mu Kigo cy’igihugu gishinzwe gutsura ubuziranenge avuga ko ubukangurambaga ikigo akorera kirimo bugamije guteza imbere inzego zirimo n’uburobyi bw’amafi.

Avuga ko igikenewe ari ukureba niba hari ibikenewe ngo urwo rwego rw’ubukungu n’imibereho myiza y’abaturage rukore neza kurushaho.

Ati: ” Icyatumye dushyira imbaraga muri uru rwego ni ukugira ngo herebwe uko twakongerera agaciro umusaruro w’ibikomoka mu mazi harimo n’amafi”.

Gatera Emmanuel

Avuga ko imikoranire y’inzego ikenewe kugira ngo ubuziranenge mu gupima umusaruro w’ibikomoka mu mazi bugerweho.

Abakora muri Koperative Projet Pêche bavuga ko bafite ubushobozi bwo kwakira no kumisha toni imwe y’isambaza ku munsi.

Icyakora bavuga ko bibababaje kuba hari bamwe mu barobyi bajyana ahandi umusaruro w’isambaza bigatuma kwizera ubuziranenge bwawo bigorana.

TAGGED:AmafifeaturedGateraIbipimoIkigoKugwingiraRusiziUbuziranenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Qatar Yashimye Umuhati W’U Rwanda Na DRC Mu Guhagarika Imirwano
Next Article Umunyamakuru Yashyizwe Muri Groupe Y’Igitero Amerika Yagabye Muri Yemen
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Aline Gahongayire Arashaka Kwamamaza Umuziki We Muri Uganda

Urubyiruko Rw’Abanyarwanda Bo Muri Afurika Y’Epfo Ruri Mu Rwanda Kureba Ibiruranga

Papa Arasaba Ko Umugambi W’Amahoro Wo Guhuza Hamas Na Israel Ugerwaho

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Somalia: Al Shabaab Yagabye Igitero Aho Abarwanyi Bayo Bafungiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kigali: U Rwanda Ruraganira Na Afurika Uko Politiki Ya ICT Yahuzwa

Umuhanga Wabwiye Isi Imibereho Y’Impundu Jane Goodall Yapfuye

Perezida Kagame Yashimiye Abanyarwanda Bafannye Igare

Burkina Faso Irapfa Iki Na Côte d’Ivoire ?

Uko Umusaruro Mbumbe W’u Rwanda Uhagaze Mu Gihembwe Cya Kabiri Cya 2025

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduro

Abagendera Muri Rwandair Bazajya Bareberamo ‘Filimi Nyarwanda’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Abaturiye CIMERWA Bagiye Kwimurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu RwandaPolitiki

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Abanyarwanda Bitabiriye UCI

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?