Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Aravugwaho Kwiyahura Kubera Amafaranga Y’Ikibina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rutsiro: Aravugwaho Kwiyahura Kubera Amafaranga Y’Ikibina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2025 1:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y'Uburengerazuba.
SHARE

Mu Mudugudu wa Kinunu, Akagari ka Bushaka, Umurenge wa Boneza, mu Karere ka Rutsiro haravugwa inkuru y’umugabo basanze ari mu kiziriko cy’ihene yapfuye, bikavugwa ko yiyahuye ahunga umwenda wa Frw 5, 400,000 yari abereyemo ikibina.

Uwo mugabo yitwa Habiyaremye Pascal, akaba yari afite imyaka 48.

Yabaga mu kibina kitwa Twisungane Kinamba, kigizwe n’abantu 290 nk’uko umwe mubakigize yabitekerereje bagenzi bacu ba UMUSEKE.

Habiyaremye yari akibereye umwanditsi, bigakekwako ariya mafaranga ari yo yatumye yiyambura ubuzima kuko bagenzi be babonaga ko ibura ryayo ryamutesheje umutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Munyamahoro Muhizi Patrick, yabwiye itangazamakuru  ko ikibazo cy’icyo kimina bari bakigiyemo inshuro zigera kuri eshatu zose, abanyamuryango bavuga ko bataheba ariya mafaranga yose, ko abo yaburiyeho bose bagomba kuyishyura.

Munyamahoro yagize ati:  “Bari banditse bose baranasinya ko bazayishyura mu kwezi gutaha ariko nyakwigendera we ubona kubyakira biri kumugora, akavuga ko arengana”.

Gitifu avuga ko abaturanyi ba nyakwigendera bemeza ko nta kindi kibazo yari afite umuntu yaheraho akeka ko ari cyo cyamuteye kwiyambura ubuzima.

Yaboneyeho gusaba abacunga amafaranga ya bagenzi babo mu bimina kubikora neza, birinda ko ababuriraho kuko bitabura kugira ingaruka zabyo.

Uwapfuye yavugaga ko ayo yabona ari Frw 700,000.

Pascal Habiyaremye yari umuhinzi n’umucuruzi wa kawa, asize umugore n’abana batanu.

TAGGED:IkibinaKwiyahuraRutsiroUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umupolisi Warashe Abashinwa Babiri Yakatiwe Urwo Gupfa
Next Article Menya Intara Ya Oromia Ishaka Umubano N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?