Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Aravugwaho Kwiyahura Kubera Amafaranga Y’Ikibina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rutsiro: Aravugwaho Kwiyahura Kubera Amafaranga Y’Ikibina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 January 2025 1:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Karere ka Rutsiro mu Ntara y'Uburengerazuba.
SHARE

Mu Mudugudu wa Kinunu, Akagari ka Bushaka, Umurenge wa Boneza, mu Karere ka Rutsiro haravugwa inkuru y’umugabo basanze ari mu kiziriko cy’ihene yapfuye, bikavugwa ko yiyahuye ahunga umwenda wa Frw 5, 400,000 yari abereyemo ikibina.

Uwo mugabo yitwa Habiyaremye Pascal, akaba yari afite imyaka 48.

Yabaga mu kibina kitwa Twisungane Kinamba, kigizwe n’abantu 290 nk’uko umwe mubakigize yabitekerereje bagenzi bacu ba UMUSEKE.

Habiyaremye yari akibereye umwanditsi, bigakekwako ariya mafaranga ari yo yatumye yiyambura ubuzima kuko bagenzi be babonaga ko ibura ryayo ryamutesheje umutwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Munyamahoro Muhizi Patrick, yabwiye itangazamakuru  ko ikibazo cy’icyo kimina bari bakigiyemo inshuro zigera kuri eshatu zose, abanyamuryango bavuga ko bataheba ariya mafaranga yose, ko abo yaburiyeho bose bagomba kuyishyura.

Munyamahoro yagize ati:  “Bari banditse bose baranasinya ko bazayishyura mu kwezi gutaha ariko nyakwigendera we ubona kubyakira biri kumugora, akavuga ko arengana”.

Gitifu avuga ko abaturanyi ba nyakwigendera bemeza ko nta kindi kibazo yari afite umuntu yaheraho akeka ko ari cyo cyamuteye kwiyambura ubuzima.

Yaboneyeho gusaba abacunga amafaranga ya bagenzi babo mu bimina kubikora neza, birinda ko ababuriraho kuko bitabura kugira ingaruka zabyo.

Uwapfuye yavugaga ko ayo yabona ari Frw 700,000.

Pascal Habiyaremye yari umuhinzi n’umucuruzi wa kawa, asize umugore n’abana batanu.

TAGGED:IkibinaKwiyahuraRutsiroUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umupolisi Warashe Abashinwa Babiri Yakatiwe Urwo Gupfa
Next Article Menya Intara Ya Oromia Ishaka Umubano N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?