Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rutsiro: Bakurikiranyweho Gutema Inka Z’Abaturanyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Rutsiro: Bakurikiranyweho Gutema Inka Z’Abaturanyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 October 2025 1:06 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Akarere ka Rutsiro
SHARE

Mu Mudugudu wa Gakoko, Akagari ka Kagusa, Umurenge wa Mukura muri Rutsiro hari abagabo batawe muri yombi na Polisi ibakurikiranyeho uruhare mu gutema inka z’abaturage.

Batemye inka ya Jonas Baturahenshi wo muri ako gace, ikaba yaratemwe tariki 05, Ukwakira, 2025

Ufite imyaka mike mu bafashwe afite 23 y’amavuko naho umukuru afite 38.

Ntiharamenyekana impamvu nyayo yabateye gutema inka y’umuturanyi gusa amakuru tugishakira ibihamya avuga ko babikoze bamwihimuraho kuko yigeze gutuma bamburwa imifuka 11 y’amakara bari batwitse mu ishyamba ritari iryabo.

Polisi ikunze gushikariza abaturage gutanga amakuru ku bantu bakekwaho ubwicamategeko ubwo ari bwo bwose, ikibazo kikaba ko hari ubwo abo bagizi ba nabi bamenya uwayatanze bakaba bamwihimuraho.

Mu bantu icyenda bakekwaho icyo cyaha, umunani ni abo mu Murenge wavuzwe haruguru mu gihe undi umwe ari uwo mu Murenge wa Manihira, Akagari ka Haniro.

Uwo nawe yafashwe kuri iki Cyumweru.

Hari indi nka ya Hashakimana Damascène yatemwe akaguru k’imbere iterwa icyuma mu jisho rimwe.

Uwafashwe akekwaho ubu bugizi bwa nabi yitwa Habarugira bikavugwa ko bari basanganywe ikibazo gishingiye k’ukuba yaramuragiye ubwoba kandi Polisi ivuga ko ubwo yafatwaga yahise abyemera.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba, Superintendent of Police( SP) Sylvèstre Twajamahoro avuga ko abantu bakora ibyaha nk’ibyo bihimura kuri bagenzi babo.

SP Sylvestre Twajamahoro

Akenshi Polisi iburira abantu kureka urugomo n’ibindi bikorwa bihabanye n’amategeko.

Nanone, iburira ababikora ko mu bufatanye bwayo n’izindi nzego, bazafatwa bagashyikirizwa ubutabera.

Abafashwe  bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi mu Murenge wa Rusebeya.

TAGGED:AkarereGutemaInkaRutsiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubufaransa: Minisitiri W’Intebe Utarumazeho Ukwezi YEGUYE
Next Article Kagame Yongeye Gukebura Abayobozi Basubiramo Amakosa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Huye: Abagabo Bane Bakurikiranyweho Gutema Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yafashe Abategeraga Abantu Muri Gare Ya Nyanza Bakabambura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?