Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana: Afunzwe Akekwaho Gusambanya Abana Babiri Yabanaga Nabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana: Afunzwe Akekwaho Gusambanya Abana Babiri Yabanaga Nabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 December 2022 10:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 25 wo mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana yafashwe na RIB akurikiranyweho gusambanya abana babiri b’abakobwa bivugwa ko yari amaranye Icyumweru baba iwe.

Inzego z’ibanze nizo  zabikenze nyuma yo kubona abana batazi mu rugo rw’uyu musore utuye mu Mudugudu wa Rweru, Akagari ka Kanyegero, Umurenge wa Munyaga muri Rwamagana.

Icyagaragaye ni uko koko bari abana kubera ko umwe afite imyaka 16 undi akagira imyaka 17 y’amavuko.

Uwo musore we avuga ko  atari agamije kubasambanya ahubwo yabazanye iwe ‘nk’abakozi’ bazajya bamukorera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga, Mukashyaka Chantal yabwiye Taarifa ko uriya musore ukekwaho kiriya cyaha, asanzwe akora umwuga w’ubuhinzi akaba yabagaho mu buzima buciriritse bwa gihinzi.

Ati: “ Yari asanzwe ari umuhinzi, nta bushobozi bundi buhambaye yari afite.”

Ikindi Taarifa yamenye ni ko amakuru avuga ko bariya bana basanzwe ari abo mu Karere ka Ngoma, Umurenge ukaba utaramenyekana.

Mukashyaka avuga ko baketse ko yasambanyaga bariya bana bityo ngo nibwo bahitagamo kubigeza ku bugenzacyaha ngo buzabikorere igenzura.

Chantal Mukashyaka

Nizeyimana Sulaiman kandi yari asanzwe ari  umusore wibana mu nzu.

Abamuzi bavuga ko n’ubwo afite amikoro, ariko ngo nta kazi gahoraho kandi gafatika kamuha umushahara watuma yishyura abakobwa babiri bamukorera.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyaga Madamu Chantal Mukashyaka avuga ko ubwo RIB yatwaraga ukekwaho kiriya cyaha, n’abo bana nabo barajyananye.

Avuga ko bishoboka ko nabo bagiye kugira amakuru batanga yafasha ubugenzacyaha kandi bakavurwa muri Isange One Stop Center.

TAGGED:AbakobwaAKAZIfeaturedGufataIngufuRwamaganaUbugenzacyahaUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR FC Yiyemeje ‘Kugarura’ Abakinnyi B’Abanyamahanga
Next Article Abakinnyi Bane Ba Arsenal FC Basuye u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?