Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwamagana:Polisi Yamufashe Atetse Kanyanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwamagana:Polisi Yamufashe Atetse Kanyanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2023 1:38 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana yaguwe gitumo n’abapolisi ubwo yari akometse umuriro atetse ikiyobyabwenge cya Kanyanga.

Uyu mugabo w’imyaka 53 y’amavuko yafashwe ku Cyumweru taliki 07, Gicurasi, 2023.

Asanzwe atuye mu Mudugudu wa Ntunga, Akagari ka Cyimbazi mu Murenge wa Munyiginya.

Abapolisi baramusatse basanga yari amaze kwenga litiro zirindwi za kanyanga azibitse mu cyumba araramo.

Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana  ushinzwe kuvugira Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba avuga ko polisi yagiye gufata uriya mugabo ishingiye ku makuru yari yahawe n’abaturage.

Ati: “Abaturage nibo bahaye amakuru Polisi ko hari umugabo utekera ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu gipangu aho atuye akanayihacururiza. Hahise hategurwa igikorwa cyo kumufata”.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana

Abapolisi bageze mu rugo rw’uwo mugabo basanga koko atetse Kanyanga, hafatirwa ibikoresho yakoreshaga ayitetse iteka na Litiro zirindwi za Kanyanga yari yahishe mu cyumba araramo.

Uwo mugabo hari indi kanyanga yamenwe nyuma yo kubona abapolisi.

SP Twizeyimana ashima abaturage ku bufatanye bwabo na Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego mu kurwanya ibyaha by’umwihariko ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Uwo mugabo yemeye ko yari asanzwe yenga akanacuruza Kanyanga kandi akabikorera iwe.

SP Twizeyimana yihanangirije abishora mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge n’ababikoresha, abibutsa ko bihanwa n’amategeko.

Uwafashwe yashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha kuri sitasiyo ya Kigabiro kugira ngo akurikiranwe ku cyaha acyekwaho.

Iteka rya Minisiteri y’ubuzima No.001/MoH/2019 of 04/03/2019 riteganya urutonde n’ibyiciro by’ibiyobyabwenge rishyira Kanyanga n’ibindi binyobwa byose bicuruzwa bidafite icyangombwa cy’ubuziranenge mu Rwanda mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge byoroheje.

Ingingo ya 263 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 7 ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 5 ariko atageze kuri miliyoni 10 ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje.

 

Burera: Icyambu Cy’Urumogi Na Kanyanga

TAGGED:kanyangaPolisiRwamaganaUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Abarwayi Babuze Ambulance Kuko Zapfiriye Mu Bitaro Bya Mibirizi
Next Article I&M Bank Rwanda Plc Yibwe Miliyoni $10.3
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?