Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abadepite Bari Kwiga Uko Imisoreshereze Yahinduka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Abadepite Bari Kwiga Uko Imisoreshereze Yahinduka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2023 10:33 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’igihugu mu Mutwe w’Abadepite kuri uyu wa Gatatu Taliki 11, Mutarama, 2023 yatangiye  gusuzuma umushinga w’Itegeko rihindura itegeko no 026/2019 ryo kuwa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha.

Bibaye nyuma y’umunsi umwe Perezida Paul Kagame asabye Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda n’izindi nzego bireba kuzicara bakareba niba nta kuntu imisoro iremereye yagabanyirizwa ubukana.

Bari kurebera hamwe niba itegeko rigenga imisoreshereze ritahinduka

Icyo Kagame yari amaze kwakira indahiro ya Dr. François Xavier Kalinda warahiriye kuba Perezida wa Sena asimbuye Dr. Augustin Iyamuremye.

yasabye abashinzwe gushyiraho amategeko agenga imisoro n’abayakira kwicara bakareba niba nta buryo yakoroshywa kuko kuremereza imisoro atari byo bituma hishyurwa myinshi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kagame avuga ko akamaro k’imisoro kazwi kandi ko nta muntu ubishidikanyaho.

Icyakora ngo abashinzwe imisoro baramutse bicaye bakabiganiraho, bashobora gushyiraho  imisoro itagize uwo iremerera.

Ati: “…Kuremereza imisoro sibyo biguha imisoro myinshi. Ababishinzwe barimo n’abo mu Nteko ishinga amategeko batangire babitekerezeho.”

Perezida Kagame aherutse gusaba abakora amategeko kureba niba nta misoro yagabanyirizwa uburemere

Ibi Perezida Kagame abivuze mu gihe muri iki gihe ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kimaze iminsi gitangije uburyo bwo kureba niba nta muntu unyereza umusoro binyuze mu kudatanga EBM.

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Prof Jean Chrysostome Ngabitsinze yaraye abwiye RBA ko hagiye kubaho kwicarana n’abarebwa n’ubucuruzi ndetse n’imisoro hakigwa niba hari iyakurwaho, igihe byakorerwa, uko byakorwa n’igihe byafata.

- Advertisement -

Mu ijambo rye, Perezida Kagame ntiyigeze avuga ko abantu bakwiye kudasora, ahubwo yavuze ko ababishinzwe bashobora kugena imisoro ndetse myinshi ariko itaremereye abantu kuko ngo ‘kuremereza imisoro sibyo biguha imisoro myinshi.’

Imibare yasohowe n’ikigo cy’igihugu cy’imisoro mu cyegeranyi kiswe Tax Statistics 2021, igaragaza ko mu Rwanda hari abakora ibikorwa bisoreshwa bishyura umusoro ku nyungu bari mu byiciro bitatu:

Ikiciro cy’abasora banini bagera kuri 375, abari mu kiciro cy’abaciriritse 840, ndetse n’abasora bato ari nabo benshi basaga ibihumbi 230.

Kugeza ubu, umusoro ku nyungu ufite uruhare rugera kuri 20% ugereranije n’imisoro yose ikusanywa n’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro.

Mu Rwanda abasoreshwa bagabanyije mu byiciro bine.

Hari abasoreshwa banini ni ukuvuga abasora guhera kuri Miliyoni Frw 600 kuzamura.

Hari abasoreshwa ‘baciriritse’ ni ukuvuga abasora guhera kuri Miliyoni Frw 200 kugeza kuri Miliyoni Frw 600.

Nyuma yabo haza abasoreshwa bato nyuma hakaza abandi bitwa abasoreshwa bato cyane.

TAGGED:AbadepitefeaturedIkigoImisoroIntekoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Senegal: Impanuka Yahitanye Abantu 40
Next Article U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?