Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Abanyeshuri Bahanze Udushya Mu Guteza Imbere Umusaruro Babihembewe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Abanyeshuri Bahanze Udushya Mu Guteza Imbere Umusaruro Babihembewe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 June 2023 10:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubushakashatsi mu nganda, National Industrial Research and Development Agency (NIRDA), cyahembye abanyeshuri bahize abandi mu kongerera agaciro ibikomoka ku buhinzi, mu irushanwa ryiswe Smart Agro Processing Hackathon.

Imishinga yahembwe irimo ufasha ibihingwa kubona urumuri rw’izuba ikeneye ngo ikure ariko ntiyume(solar powered smart storage) ufasha mu korora imishwi(smart poultry farming), ufasha mu gusarura no guhunika neza imyaka(Master Crop to Smart Cooling and Storage) n’uwo kwita ku nzuki (Bees Development).

Umwe mu bahembewe gukora umushinga muzima witwa Prince Chris Mazimpaka wakoze umushinga ku kwita ku bworozi bw’imishwi (Smart Poultry Farming System) yashimiye NIRDA ko yatekereje gutera inkunga abakoze imishinga isubiza ibibazo ku musaruro w’ubuhinzi n’ubworozi.

Ati: “ Ndashima NIRDA ko yaduteye iyi nkunga kuko nemera ko iyo itaza[inkunga] kuzashyira mu bikorwa ibi bitekerezo byari kutuzonga. Ni inkunga izatuma ikoranabuhanga twakoresheje rigera ku ntego kandi rigatuma ku isoko hagera ibintu by’ingirakamaro”.

Mazimpaka avuga ko amafaranga bahawe yo gushyira mu bikorwa imishinga bakoze, azatuma urubyiruko ruhabwa akazi.

Mu gushima kwe, avuga ko mu gihe bamaze bakorana n’abakozi ba ruriya rwego, hari inama bahawe kandi izo nama bazazigenderaho kugira ngo ubumenyi bahawe butazaba amasigarakicaro.

Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubushakashatsi mu nganda, Dr. Christian Sekomo Birame avuga ko mu mishinga yahatanye, hari igaragaza ubuhanga mu gusubiza ibibazo igihugu gifite cyane cyane mu kongerera agaciro ubuhinzi n’ubworozi.

Dr. Christian Sekomo Birame

Ati: “ Dufite imishinga ifatika ikorana n’ikoranabuhanga rishobora guhindura ibintu, rikazamura ubwiza n’ubwinshi bw’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi. Ni imishinga myiza kandi twishimiye rwose kuyitera inkunga kugira ngo izamuke”.

Dr. Birame asaba urwego rw’abikorera ku giti cyabo kongera imikoranire n’urubyiruko kugira ngo barufashe mu nzego rukeneye mo ubufasha igihe cyose bigaragaye ko rubikwiye.

Avuga ko ubwo bufasha bugomba gutangwa mu moko atandukanye y’inganda kuko ari kimwe mu bizamura ubukungu.

Abahawe amafaranga ngo bashyire mu bikorwa imishinga yabo, basabwe kutazayasesagura cyangwa ngo bayakoreshe icyo atagenewe.

Mu myaka itatu ishize, Ikigo NIRDA cyateguye andi marushanwa nk’iri harimo iryiswe Innovate for Industry hackathon na Innovate for Cow Bio hackathon.

Dr. Birame areba uko uwo mwana yahanze iryo koranabuhanga
Bishimiye ko bahabwa inkunga yo gushyira mu bikorwa imishinga yabo
Bakoze irushanwa bita Hackton
Aba mbere bahembwe Miliyoni Frw 7.
TAGGED:BiramefeaturedImishingaImishwiIngandaInkokoNIRDAUbuhinziUbukunguUbworozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyo Equity Ivuga Ku Bakozi Ba Cogebanque Igiye Kwegukana
Next Article Bwa Mbere Hagiye Kwibukwa Abatutsi Batembanywe N’Akagera Muri Tanzania
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?