Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hari Abafashwe Bakopeza Abashaka Akazi Ko Kuba Abarimu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Hari Abafashwe Bakopeza Abashaka Akazi Ko Kuba Abarimu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 February 2025 8:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi ushinzwe iterambere n’imicungire y’abarimu muri REB, Mugenzi Léon avuga ko kugira ngo umuntu abashe gukopera ikizamini, yakoreshaga ijambo banga (pass word) akishyura mugenzi we ngo akimukorere.

Abagera kuri 35 bafatiwe mu bizami bari gukopera mu bizamini byatanzwe kuva Mutarama, 2025 yatangira.

N’ubwo Mugenzi avuga ko ibyo byakozwe kubera uburangare bw’abari bashinzwe kugenzura abakora ibizamini, anemeza ko bigayitse kubona abashakaga kuba abarimu ari bo bakopeye ibizamini kandi iyo atari indangagaciro ku barimu no ku banyeshuri.

Abakopeye bashoboye kwinjiza telefoni mu byumba by’ikizamini ngo bazikoreshe muri ayo mayeri ariko bamwe baza gufatwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Léon Mugenzi yabwiye Kigali Today ko nyuma yo gusuzuma ubukana bwo gukopera ku bafashwe icyo gihe, basanze bidafite ubukana cyane ku buryo byatuma ibyavuye muri icyo kizamini byose biseswa.

Icyo gihe abafashwe bahagaritswe gukora ibizamini ariko abandi barakora bararangiza.

Agira ati: “Ni ibintu byatubabaje muri iki gihe cy’ibizamini. Ntabwo twishimira ko abantu bakopera ibizamini, ariko hari abafashwe 35, bafatanywe ijambo banga bakariha bagenzi babo bari mu Biro byegeranye n’ahakorerwa ibizamini. Byaragaragaye muri Karongi aho umuyobozi w’ishuri n’abo bafatanyije bafashwe bakorera abandi ibizamini”.

Atanga urugero rw’uko tariki 20, Mutarama, 2025 hafashwe abantu umunani bari gukopera muri ubwo buryo, ku munsi ukurikiyeho hafatwa undi, undi munsi wakurikiyeho hafatwa barindwi naho ku itariki 23, Mutarama, 2025, hafatwa abantu 19.

Avuga ko nyuma y’aho kugeza ubu ntawongeye gukopera kuko bari bamenye ko amayeri yabo ‘yavumbuwe’.

- Advertisement -

Ikindi ni uko abafashwe bamaze gushyikirizwa inzego zibishinzwe ngo bakurikiranwe ndetse ngo hari n’abafunzwe.

Turacyagerageza kumenya icyo Urwego rw’ubugenzacyaha rubivugaho.

Kugira ngo umuntu akorere undi ikizamini cya Leta bisaba ko aho bombi baherereye haba hegeranye kugira ngo ikoranabuhanga ribashe kubibafashamo.

Wa muyobozi wo muri REB twavuze duterura iyi nkuru, avuga ko umuntu uri kure y’icyumba kiberamo ibizamini ‘adashobora’ kwifashisha undi ngo amukorere ikizamini aho bari hategeranye.

Ibi biterwa n’uko ikoranabuhanga rya Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo ritemera ko umuntu akorera ahandi ngo yohereze ikizamini kure.

Mugenzi arakomeza ati: “Kugira ngo bishoboke bisaba ko umuntu ukorera undi aba ari hafi y’icyumba cy’ikizamini. Kugira ngo tubatahure wasangaga umuntu yicaye imbere ya mudasobwa atari gukora ikizamini ariko wareba muri sisiteme ugasanga ikizamini akigeze kure. Twarasuzumye dusanga ababakoreraga babaga bari hafi aho ku buryo utapfa kubitahura”.

Yavuze ko ibyo abo barimu bakoze ari ingeso mbi zidakwiye kuranga abarezi.

Mu bihano bahabwa iyo bafatiwe muri iyo migirire harimo guhabwa zeru mu kizamini, hakanakurikirwana uburyo bwo gukopera niba nta ruswa irimo cyangwa ibindi bigize ibyaha nshinjabyaha bijyanwa mu nkiko.

TAGGED:AbakoziAbareziAbarimufeaturedGukoperaKarongiLeta
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakomando 531 Ba RDF Barangije Amasomo Ahambaye
Next Article Umutungo Bwite Wa Corneille Nangaa Wagwatiriwe Na Leta Ya Congo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?