Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Hazamuwe Imisoro Hashyirwaho Undi Mushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Hazamuwe Imisoro Hashyirwaho Undi Mushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 February 2025 6:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu myanzuro yaraye ifatiwe mu nama y’Abaminisitiri ni uwo kuvugurura imisoro, hakagira iyongerwa hagahangwa n’undi mushya. Hazavugururwa kandi uko imisoro yari isanzwe itangwa bikazakorwa mu byiciro bitatu birimo kongera imisoro yari isanzwe, gushyiraho umusoro mushya no gushyiraho umusoro ku nyongeragaciro ku bicuruzwa bitari bisanzwe biwutanga.

Uwo mwanzuro uri mu byemezo byInama y’Abaminisitiri yaraye iyobowe na Perezida Paul Kagame, ukavuga ko icyiciro cya mbere kirebana nayo kijyaniranye no kongera umusoro.

Umusoro wazamuwe ni uwari usanzwe utangwa ku nzoga n’itabi.

Amakuru avuga ko hari umusoro mushya ugiye guhangwa uzasoreshwa ibicuruzwa Leta yari yari yaranze gusoresha kugira ngo bibanze byiyongere ku isoko ry’u Rwanda.

Yashakaga ko byiyongera kugira ngo abaturage babikoreshe ku bwinshi, urugero rukaba telefoni na mudasobwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga muri rusange.

Umusoro mushya utari usanzwe kandi uzajya utangwa kuri serivisi z’ikoranabuhanga wiswe Digital Services Tax.

Uzakarwa kuri serivisi z’ikoranabuhanga zikomoka hanze y’u Rwanda, urugero nko gukoresha serivisi za Netflix, Amazon n’izindi serivisi zo muri urwo rwego.

Minisitiri Yusuf Murangwa ushinzwe imari n’igenamigambi yabwiye RBA ko u Rwanda rwasanze ari ngombwa kuvugurura iby’imisoro kuko biri muri gahunda yarwo yo gushaka aho rukura ibisubizo ku bibazo byarwo.

Ati “Icyo twashingiyeho gikomeye  ugushaka kuva aho turi tukagera aho dushaka. Nk’uko tubizi, turi mu mwaka wa mbere wo gushyira mu bikorwa gahunda y’iterambere ya NST2 kandi bikaba bisaba amikoro. Kugira ngo igihugu gitere imbere kive ku rwego rumwe kijye ku rundi, bisaba ubushobozi kandi ubushobozi ni imisoro.”

Yizeza abantu ko mbere yo kuzamura iriya misoro, habanje gukorwa isuzuma risesuye kugira ngo harebwe niba kuyitanga bizashoboka.

Yavuze kandi ko Leta igiye gufata umwanya igasobanurira abantu iby’iyo gahunda, ikaganira n’abanyamakuru, abacuruzi n’abandi barebwa n’ubuzima bw’igihugu.

Ati: “Twarashishoje cyane, dusanga iyo misoro ari ibintu bishoboka. Ntabwo twemeje imisoro idashoboka”.

Icyakora avuga ko iriya misoro itazashyirirwaho icyarimwe, ahubwo bizakorwa mu gihe cy’imyaka itatu, buhoro buhoro.

Ni gahunda y’imyaka itanu, hagati ya 2025 na 2029.

Itangazo rikubiyemo ibyemezo byaraye bifatiwe mu nama y’Abaminisitiri
TAGGED:AbacuruziAbaminisitirifeaturedImisoroInamaInzogaItabiMurangwaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Buri Karere Kagiye Kubakwamo TVET Y’Icyitegererezo
Next Article DRC: Minisitiri W’Ingabo Yagiye i Beni Kuganira Nazo Uko Zakoma Imbere M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?