Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Imisoro Izinjiza 52% Mu Ngengo Y’Imari 2023/2024
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Rwanda: Imisoro Izinjiza 52% Mu Ngengo Y’Imari 2023/2024

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2023 9:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imisoro n’amahoro buvuga ko amafaranga kizinjiriza Ikigega cya Leta azagera kuri miliyari Frw 2.637 ni ukuvuga 52% by’ayo igihugu giteganya kuzakusanya yose hamwe.

Ni umugambi Umuyobozi muri iki kigo ushinzwe imisoro imbere mu Jean Paul Uwitonze avuga ko uzagerwaho niba ‘ibintu bigenze uko byateguwe’.

Jean Paulin Uwitonze avuga ko ubusanzwe Minisitiri y’imari n’igenamigambi ari yo iteganya muri rusange uko ingengo y’imari izagenda hanyuma hakarebwa aho amafaranga azava.

Hamwe muri aho ni mu misoro n’amahoro bitangwa n’abacuruzi.

Uwitonze yabwiye Taarifa ko politiki z’ubukungu ari zo zigena uko ayo mafaranga azaboneka ariko ko no mu Kigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro nabo bashyiraho ingamba zizatuma nta nyerezwa ry’imisoro ribaho, kandi gusora bigakorwa ntawe bibangamiye.

Ati: “ Natwe muri Rwanda Revenue Authority dukora uko bikwiye kugira ngo imisoro yose itangwe nk’uko amategeko abiteganya.”

Komiseri Jean Paul Uwitonze

Ibi bisa n’ibisubiza ibyo bamwe mu basora bavuga by’uko hari abantu bacuruza mu buryo butemewe n’amategeko, bagacuruza ibyiganano bidasoreshwa bityo bigapyinagaza abasora mu buryo buboneye.

RRA ivuga ko hari ingamba zafashwe kugira ngo hatagira unyereza umusoro kandi n’ibyo bibazo bikemuke.

Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyihaye intego y’uko mu mwaka wa 2023/2024 imisoro kizinjiza izaba igeze kuri 52% y’ingengo y’imari yose mu gihe umwaka w’ingengo y’imari warangiye cyari cyagejeje kuri 47%.

Icyo gihe cyari kinjije angana na 103% by’ayo cyari cyariyemeje kuzageraho.

U Rwanda rufite intego yo kuzihaza mu mafaranga yose rukenera ngo rushyire mu ngengo yarwo y’imari.

TAGGED:AmahoroIkigegaImariJeanPaulinUmusoro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Museveni Na Muhoozi Barezwe Mu Rukiko Mpuzamahanga
Next Article Twitter Yahinduye Izina Ry’Ubucuruzi N’Ikirango
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?