Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RWANDAIR Iri Kuzanzamuka Gahoro Gahoro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RWANDAIR Iri Kuzanzamuka Gahoro Gahoro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 September 2021 3:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gitwara abantu n’ibintu mu ndege, RwandAir, cyatangaje ko uko iminsi igenda yicuma ari ko kigenda kizanzamuka, kikivana mu bibazo cyatewe n’icyorezo COVID-19. Bidatinze kiratangiza izindi izindi ngendo ebyiri muri Congo- Kinshasa.

Indege za kiriya kigo ziri hafi kujya i Lubumbashi n’i Goma.

Lubumbashi ifatwa nk’ahantu hahagarariye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu byerekeye ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu gihe Goma yo ari isoko rya bugufi ryegeye u Rwanda usohocyeye mu Karere ka Rubavu.

I Lubumbashi zazahajyayo tariki 29, Nzeri, 2021 n’aho i Goma zikazajyayo tariki 15, Ukwakira, 2021.

Itangazo ryaturutse muri biro bya RwandAir rigasinywaho n’umuyobozi wayo Madamu Yvonne Manzi Makolo rivuga ko abakiliya bayo bazajya baka amatike banyuze ku rubuga rwayo rwa rwandair.com.

Yvonne Manzi Makolo yagize ati: “Ingendo nshya za RwandAir  i Lubumbashi n’i Goma zije guha abakiliya bacu amahirwe yo guhitamo ahantu henshi bashobora kujya gukorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.”

Manzi Makolo avuga ko ziriya ngendo zitazateza imbere gusa ubuhahirane hagati y’abaturage b’ibihugu byombi ahubwo zafasha no gukomeza umurunga w’ububanyi n’amahanga ukomeye muri iki gihe.

Yvonne Manzi Makolo avuga ko ikigo ayoboye kiri kuzanzamuka kivana mu ngaruka za COVID-19 kandi biri kugenda neza

Mu migambi ya RwandAir harimo uw’uko igomba kwagura ingendo hirya no hino ku isi haba muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara ndetse n’ahandi ku isi harimo no hakurya y’Inyanja zikikije Afurika.

Mu mwaka wa 2019 nibwo RwandAir yatangije urugendo rwa mbere muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, hari muri Mata.

Indege ziva i Kigali zijya i Lubumbashi zizajya zihaguruka i Kigali buri wa Mbere na buri wa Gatatu saa yine za mu gitondo zigereyo saa sita n’iminota icumi.

Mu kugaruka i Kigali zizajya zihaguruka saa kumi n’imwe z’umugoroba zigere i Kigali saa moya z’ijoro.

RwandAir iri kwagura ingendo. Uyu ni Peninah Wanjiru Karanja umwe mu bapilote muri RwandAir

Izijya i Goma zo zizajya zihaguruka i Kigali buri wa mbere na buri wa Gatatu guhera saa sita na mirongo inde zigere yo saa saba n’iminota makumyabiri.

Mu kugaruka zizajya zihaguruka saa saba na mirongo itanu zigere i Kigali saa munani n’igice z’amanywa.

TAGGED:CongofeaturedGomaIndegeKigaliLubumbashiMakoloManziRwandAir
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umucamanza Yategetse Ko Umurambo Wa ‘Perezida Mugabe’ Utabururwa
Next Article Bazivamo Yasuye Rubavu Ahatangiza Ubwogero Yise BOSEBABIREBA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Umubare W’Abarwara Mu Mutwe Kubera Inzoga Uriyongera

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?