Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda:Umwana W’Imyaka 10 Wari Warabuze Yabonetse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda:Umwana W’Imyaka 10 Wari Warabuze Yabonetse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 March 2024 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uwo mwana yitwa Gani Decklan Ngamije hakaba hari hashize amasaha 15 bamushakisha nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hacicikanye ifoto ye atabarizwa.

Amakuru avuga ko uyu mwana yabuze ubwo yari yagiye kwiga ku kigo Glory Academy.

Amakuru Taarifa yahawe n’umubyeyi w’uyu mwana avuga ko mbere y’uko umwana asohoka ikigo we n’abandi bana bagenzi be batatu, bari babanze umupira bakoresheje impapuro na scotch umwarimu wabo abimenye arabahana abajyana ku muyobozi w’ikigo.

Uwo muyobozi nawe yarabahannye ababwira ko baza kuza kugaruka nyuma yo gufata ifunguro rya saa munani kandi bagakomeza ibihano.

Nibwo umwana yagize ubwoba bitewe nuko yarasanzwe yarabwiye ababyeyi be ko hari abarimu babakubita ndetse bababwira nabi.

Umwana yaje gutinya kongera gusubira ku muyobozi w’ishuri asohoka ikigo ashaka gutaha amasaha yo gutaha atageze.

Kubera ko asanzwe ataha n’imodoka yaje kuyoba inzira imutahana ndetse imvura iza kugwa ari nyinshi bituma bumwiriraho.

Imvura yahise amasaha yicumye umwana aza kwisanga ari mu gishanga kiri hagati ya Gisozi na Gatsata.

Nyuma yaje guhura n’abana bo ku muhanda baramusagarira bamwambura imyenda yari afite yose bamusigira ikabutura ndetse bamuta mu mazi y’umugezi wa Nyabugogo ariko aza koga arambuka.

Yageze hakurya ku gice cya Gatsata  asaba umwana yahuye nawe wari hafi yuwo mugezi ko yamutwara iwabo aramwemerera amushyira iwabo baramucumbikira.

Abo babyeyi baje kubona ko uwo mwana ari gushakishwa, baza guhamagara ababyeyi b’uyu mwana bajya kumufata.

Bari bamaze ijoro ryose bamushakisha bari kumwe n’inzego z’umutekano, baza kumubona.

Ababyeyi buriya mwana bashimira uwo ari we wese wagize uruhare mu gutuma umwana wabo aboneka binyuze mu gutanga amatangazo hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga.

Mubo bashimira harimo Polisi na RIB kubera umuhati bashyize mu gushakisha uriya mwana w’imyaka 10 akaba yabonetse ari muzima.

TAGGED:featuredIshuriNyabugogoUmubyeyiUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’u Rwanda Igiye Gutangiza Ishami Ryigisha Gukora Inkingo
Next Article Kagame Yageze i Luanda Mu Ruzinduko Rw’Akazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Umurundi Kirikou Akili Ukunzwe Mu Rwanda Ni Muntu Ki?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Israel Na Hamas Ntibiri Buhagararirwe Mu Isinywa Rya Burundu Ry’Amahoro Ya Gaza

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?