Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Samia Suhulu Yarahiriye Kuyobora Tanzania
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Samia Suhulu Yarahiriye Kuyobora Tanzania

admin
Last updated: 19 March 2021 9:28 am
admin
Share
SHARE

Visi Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan kuri uyu wa Gatanu yarahiye nka Perezida wa gatandatu w’icyo gihugu, nyuma y’urupfu rwa Dr John Pombe Magufuli ku wa 17 Werurwe 2021.

Ni igikorwa cyabereye ku Biro by’Umukuru w’Igihugu i Dar es Salaam saa yine za mu gitondo ku isaha y’icyo gihugu, ni saa tatu za mu gitondo Kigali. Suluhu yahise aba umugore wa mbere uyoboye Tanzania.

Itegeko Nshinga rya Tanzania riteganya ko Samia Suluhu azaba Perezida wa Tanzania mu myaka yari isigaye kuri manda yatangiye ku wa 5 Ugushyingo 2020, izarangira mu 2025.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Tanzania byatangaje ko nyuma yo kurahira, Suluhu aza kugeza ijambo ku baturage ndetse akayobora inama y’abaminisitiri.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Biteganyijwe ko kuri uyu wa Gatandatu hazaba inama ya komite y’ishyaka CCM (Chama Cha Mapinduzi), byitezwe ko izatangirwamo izina ry’uzaba Visi Perezida.

Ingingo ya 37 (5) y’itegeko nshinga rya Repubulika ya Tanzania iteganya ko iyo perezida atagishoboye kuzuza inshingano ze ku mpamvu z’urupfu, uburwayi cyangwa izindi ziteganywa n’itegeko, “Visi Perezida arahira akarangiza igihe cyari gisigaye kuri manda y’imyaka itanu.”

Nyuma y’ibiganiro n’ishyaka aturukamo, perezida atanga amazina y’ushobora kumubera visi perezida, kujya muri uwo mwanya bikemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko binyuze mu itora, hakaboneka amajwi atari munsi ya mirongo itanu ku ijana y’abagize Inteko.

Samia Suluhu ni muntu ki?

Samia Hassan Suluhu w’imyaka 61, ni we wabaye visi perezida wa mbere w’umugore wa Tanzania nyuma y’amatora rusange yo mu 2015, ubwo yashyirwagaho na Magufuli. Suluhu na Magufuli baje gutorerwa manda ya kabiri mu 2020, izarangira mu 2025.

- Advertisement -

Mbere yo kugirwa visi perezida, Suluhu yari umudepite uhagarariye agace ka Makunduchi kuva mu 2010 kugeza mu 2015, akaba n’umunyamabanga wa leta mu biro bya Visi Perezida, kuva mu 2010-2015.

Yanabaye minisitiri muri Zanzibar ku butegetsi bwa Perezida Amani Karume, mu 2005-2010. Yari Minisitiri w’ubukerarugendo, ubucuruzi n’ishoramari. Kuva mu 2000-2005 yari Minisitiri ushinzwe Imirimo y’urubyiruko, abagore n’imikurire y’abana.

Mu 2014  yatorewe kuba umuyobozi wungirije wa komisiyo yari ishinzwe kuvugurura itegeko nshinga rya Tanzania.

Amashuri yize

Uyu mubyeyi w’abana bane, mu 1986 nibwo yabonye impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ubutegetsi.

Hagati ya 1992-1994 yize muri University of Manchester ahakura impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’ubukungu.

Mu 2015 yahawe impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’iterambere rusange, yabonye muri gahunda y’amasomo ihuriweho na Open University of Tanzania na Southern New Hampshire University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

TAGGED:John Pombe MagufuliSamia Suluhu Hassan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaturage Ba Canada Bari Kwiga Ikinyarwanda
Next Article U Rwanda Mu Biganiro Bya Nyuma Na Qatar Airways Ku Migabane Muri RwandAir
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?