Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sena Irasaba Inzego Kwibutsa Urubyiruko Umuco W’Abanyarwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Sena Irasaba Inzego Kwibutsa Urubyiruko Umuco W’Abanyarwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2024 1:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Dr.François Xavier Kalinda uyobora Sena y’u Rwanda yaraye abwiye abitabiriye Inama nyunguranabitekerezo ku gusigasira umuco w’Abanyarwanda ko ari ngombwa cyane ko urubyiruko rwigisha indangagaciro z’umuco w’iwabo.

Perezida wa Sena yasabye inzego ‘kunganirana’ mu gusigasira umuco nyarwanda no kuwigisha abakiri bato.

Ni amasomo agomba kuba arebana no kubaka uburezi n’uburere bw’umwana bishingiye ku muco nyarwanda.

Inama Dr. Kalinda yabivugiyemo yateguwe na Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu muri Sena y’u Rwanda ikaba yari yitabiriwe n’Abasenateri n’abahagarariye izindi nzego bireba.

Urubyiruko rw’u Rwanda rushinjwa ko rwamaze kuyoboka imico y’ahandi cyane cyane muri Amerika, ugasanga n’Ikinyarwanda bamwe muri bo barakibagiwe n’abakizi bakakivugana ipfunwe.

Uretse kukivugana ipfunwe, hari n’abakiremeye amagambo mashya arimo ayumvikanamo imvugo y’ikinyabupfura gike, andi akaba uruvange rw’Ikinyarwanda, Icyongereza n’Igifaransa ndetse n’Igiswayile ntikibure.

N’ubwo atari kuri bose, ariko hari n’abakiri bato batacyubaha abakuru kandi iyi myitwarire ni kimwe mu biranga Umunyarwanda warezwe neza.

Inteko y’Umuco n’Ururimi ikunze kugaruka ku ngingo y’uko urubyiruko rukwiye kwibutswa ko Abanyarwanda bafite umuco n’indangaciro zawo zahoze ziranga abakurambere babo kandi ko kubigana ari uburyo bwiza bwo kudatakaza Ubunyarwanda.

Kimwe mu byabafasha ni ukuvuga Ikinyarwanda kuko, nk’uko byanditswe mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda no mu ndirimbo yubahiriza Repubulika y’u Rwanda, ururimi rw’Abanyarwanda ‘rurabahuza’.

U Rwanda ni kimwe mu bihugu bike aho abaturage bose bavuga ururimi rumwe, bakaba batuye no ku butaka bumwe.

Nk’uko intiti z’Abanyarwanda zibivuga, abantu bafite ako karusho nta kintu batageraho kuko kumva no kuvuga ururimi rumwe byoroshya ubucuruzi, ubwumvikane n’amajyambere mu bantu basangiye ururimi.

Icyo abasomyi bakwiye kwibuka nanone, ni uko n’abantu bakuru nabo bica nkana Ikinyarwanda kandi ari bo bari bakwiye kukigisha abato.

Abantu bize bibwira, bibeshya, ko kuvuga indimi z’Abanyamahanga ari byo bituma bagaragara nk’abasilimu, kuvuga Ikinyarwanda bikaba iby’abantu batize.

Icyakora nk’uko Perezida Kagame yigeze kubibwira abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iheruka( ku munsi wayo wa kabiri), Abanyarwanda bakwiye kwirinda kuvangavanga indimi, uvuze Ikinyarwanda akakivuga ukwacyo n’uvuze ururimi rw’amahanga nawe bikaba uko.

TAGGED:featuredKalindaRwandaUmucoUrubyirukoUrurimi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yatangaje Umugambi Wa Israel Ngo Intambara Ya Gaza Ihagarare
Next Article Mufti Mushya Yarahiriye Inshingano
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?