Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: SKOL Yivanye Mu Baterankunga Ba Tour Du Rwanda 2021
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

SKOL Yivanye Mu Baterankunga Ba Tour Du Rwanda 2021

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2021 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uruganda rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasembuye Skol Brewery Ltd rwatangaje ko muri uyu mwaka rutazatera inkunga irushanwa rya Tour du Rwanda, rigiye kuba mu buryo budasanzwe kubera icyorezo cya COVID-19.

Ni mu gihe ribura iminsi ine gusa, kuko rizatangira ku wa 2 Gicurasi.

Mu itangazo SKOL yasohoye, yavuze ko iki cyemezo kijyanye n’uburyo muri uyu mwaka abantu bazakurikira iri rushanwa binyuze mu itangazamakuru gusa, kuko amakoraniro ahuza abantu benshi abujijwe, mu kwirida ikwirakwira rya COVID-19.

Yakomeje iti “FERWACY na SKOL basuzumye imiterere y’ikibazo hagamijwe kureba uburyo bwakoreshwa mu kumenyekanisha ibikorwa bujyanye n’uburyo bwo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.”

“Nyuma y’amasaha menshi y’ibiganiro, SKOL yasanze itatera inkunga Tour du Rwanda yo muri Gicurasi 2021.”

SKOL isanzwe ifite ikipe ifasha iri muri iri rishanwa, SACA/Skol Cycling Academy.

Iri rushanwa ryakomeje kugirwaho ingaruka na COVID-19, aho ryagombaga kuba muri Gashyantare, riza kwimurirwa muri Gicurasi.

Uretse amafaranga iki kigo cyatangaga mu bihembo bya Tour du Rwanda, cyanafashaga bamwe gukurikirana irushanwa bagenda na kajugujugu.

Wanasangaga inzoga za SKOL zicururizwa ahantu hose hasorezwa agace k’irushanwa, ndetse SKOL ikanahemba bamwe mu bakinnyi bitwaye neza.

Skol yahembaga bamwe mu bakinnyi bitwaye neza
TAGGED:featuredFERWACYSkolTour du Rwanda 2021
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imodoka Zikoresha Amashanyarazi Zizifashishwa Muri CHOGM 2021
Next Article Abarundi 159 Babaga Mu Rwanda Batahukanye N’Umuyobozi Wa UNHCR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?