Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Somalia ishinja Kenya kuba icyitso cya Al Shabab
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Somalia ishinja Kenya kuba icyitso cya Al Shabab

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 December 2020 11:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abategetsi b’i Mogadishu bavuga ko bafite amakuru y’uko ubutegetsi bw’i Nairobi butiza umurindi ibikorwa by’iterabwoba bya Al Shabab bihitana abantu benshi mu bice bya Somalia. Somalia ivuga ko ibyo Kenya ikora bitari bikwiye gukorwa n’umuturanyi.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga muri Somalia witwa Osman Abukar Dubbe yabwiye televiziyo y’igihugu cye ko Kenya ikora uko ishoboye kugira ngo Somalia ntibone amahoro arambye, ikabikora mu buryarya kandi ngo ibikora igamije gukomeza kugira ijambo muri kariya gace.

Osman Abukar Dubbe ati: “ Twubaha Kenya kandi twishimira ko ari umuturanyi wacu, ariko ku rundi ruhande dusanga Kenya yo idaha agaciro umubano wacu ahubwo igakora uko ishoboye kugira ngo ikomeze igire ijambo muri Somalia no ku mazi igihugu cyacu gikoraho.”

Dubbe avuga ko ubutegetsi bwa Mugadishu buzi neza ko bamwe mu batavuga rumwe na Leta ndetse n’abo muri Al Shabab bakunda guhura n’abategetsi ba Kenya bakagirana ibiganiro.

Yatangaje ko bamwe mu bayobozi b’ibice bya Somalia  nka Jubbaland barimo n’abakorana na Al Shaabab baherutse kubonana n’abategetsi b’i Nairobi.

Avuga ko impande zombi zaganiriye ku ngingo zirimo n’amatora ateganyijwe muri Somalia muri 2021.

Asanga bidakwiye ko Kenya yakira abantu nka bariya kuko Somalia nta muntu utavuga rumwe na Leta ya Kenya yigeze yakira.

Umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi waje gutuma Somalia ihamagaza uwari uyihagarariye muri Kenya kugira ngo agire ibyo asobanura.

Ikindi abategetsi b’i Mogadishu bavuga kerekana ko Kenya ifite imikoranire na Al Shabab ndetse n’abandi batavuga rumwe nayo ni uko ubwo ingabo zayo zavaga mu gace zabagamo hahise higarurirwa n’abarwanyi ba Al Shaabab.

Uduce bigaruriye ni utwo mu Majyepfo ya Somalia.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Kenya ihakana ibyo Somalia ishinja kiriya gihugu.

Intandaro y’umubano mubi hagati y’ibihugu byombi ni amazi bisangiye mu Nyanja y’Abahinde, aya mazi akaba ari ku buso bwa kilometero kare 150 000.

Aya mazi arimo gas nyinshi.

Ivomo: The Star

 

Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article OMS yakuye urumogi ku rutonde rw’ibiyobyabwenge bikomeye
Next Article Urukiko rwemeje ko imanza za Rusesabagina, Sankara na Herman zihuzwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?