Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sosiyete Sivile Ishima Uruhare Kurira Ku Ishuri Byagize Ku Ireme Ry’Uburezi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Sosiyete Sivile Ishima Uruhare Kurira Ku Ishuri Byagize Ku Ireme Ry’Uburezi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 May 2024 2:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe ibikorwa no kwita ku bana, Evariste Murwanashyaka avuga ko kuba Leta yarashyizeho gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri byatumye abenshi muri bo bakunda kwiga.

Yabivuze ubwo yagezaga ku Badepite bagize Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’igihugu ibitekerezo abagize Sosiyete Sivile bifuza ko byashyirwa mu ngengo y’imari Minisiteri y’imari n’igenamigambi iherutse kugeza ku Nteko ishinga amategeko, imitwe yombi.

Dr. Uzziel Ndagijimana ushinzwe Minisiteri y’imari n’igenamigambi aherutse kubwira Abadepite ko Guverinoma yifuza ko iriya ngengo y’imari yakwemezwa ikagera kuri Miliyari Frw 5,000 hagamijwe kugeza igihugu ku mishinga kiyemeje kugeraho muri NST 2 y’imyaka itanu.

Abo muri Sosiyete Sivile bashima ko muri NST 1 y’imyaka irindwi iri hafi kurangira, gahunda yo kugaburirira abana ku ishuri yatumye babaho neza, bakomeza kwiga babishishikariye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ko abana biga, abo muri CLADHO ngo batangije gahunda bise ‘Umudugudu ku ishuri’.


Umuyobozi muri CLADHO ushinzwe ibikorwa no kwita ku bana, Evariste Murwanashyaka

Abana biga ku kigo runaka kandi bakomoka mu Mudugudu umwe bariyegeranya, bakitoramo umuyobozi.

Buri saa yine barahura bakareba niba nta mugenzi wabo wasibye.

Iyo hari uwo basanze yasibye, nimugoroba baca iwabo bakajya kureba icyo yabaye.

Ku rundi ruhande, Sosiyete Sivile nyarwanda isaba ko mu kwiga no gushyiraho za politiki zireba abana,  hajya habaho no kwita ku bana bafite ubumuga bakagira umwihariko bahabwa kuko n’ubusanzwe kuba umuntu afite ubumuga bimugira umuntu wihariye.

- Advertisement -

Umwe mu bayobora Umuryango uharanira inyungu z’abana bafite ubumuga witwa UWEZO avuga ko haramutse harebwe uko abana bafite ubumuga bashyirirwaho gahunda zo kubafasha kwiga, byaba ari umusingi mwiza wo kuzatuma, umunsi bakuze, bazigirira akamaro.

Ni igitekerezo cy’uwitwa Claude.

Avuga ko ibibazo abana bafite ubumuga bafite bitagombye kuhuzwa n’ibya bagenzi babo batabufite.

Impamvu ni uko n’ubusanzwe, umuntu ufite ubumuga aba yihariye haba mu miterere ye haba no mu byo akenera.

Avuga ko mu kugena ingengo y’imari yo gushyira mu mishinga igamije guteza imbere abana, ari ngombwa ko igenewe abana bafite ubumuga iza ifite umwihariko.

Yagize ati: “ Dusanga byaba bikwiye ko abana bafite ubumuga bahabwa ingengo y’imari yihariye kuko n’ibibazo byabo nabyo bihariye”.

Ikindi gitekerezo cyagarutsweho ni impungenge abana bafitiye bagenzi babo umunsi itegeko ryemerera abantu bafite imyaka 18 gushaka rizaba ryatowe.

Hari uwavuze ko niryemezwa, rizatuma abana b’abakobwa bafite imyaka mike batangira gutekereza igihe bazashakira abagabo, umwana akazajya kugira imyaka 18 yarararutse.

Abadepite bagize Komisiyo y’igihugu yo gucunga imari yacyo

Gutekereza abagabo ukiri muto bizatuma abana batiga neza.

Ni ikintu abana n’abandi bo muri sosiyete sivile basaba ko cyazitonderwa.

Ibyifuzo bya Sosiyete sivile byagejejwe ku Badepite ni ibigamije kubereka isesengura ryayo ku mbanzirizamushinga y’ingengo y’imari ya Leta y’umwaka wa 2024/2025 no ku mibare y’ikigereranyo cy’ingengo y’imari y’igihe giciriritse 2024/2025-26/27.

Abadepite bashimye ibitekerezo bahawe, bavuga ko bagiye kuzabyigaho hakarebwa uko byakwinjizwa mu bindi byamaze gukusanywa.

 

TAGGED:AbadepiteAbanafeaturedGahundaIshuriLetaMurwanashyaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’u Rwanda Yabajijwe Iby’Inyubako Imaze Imyaka Umunani Ituzura
Next Article Ingabo Za Israel Ziri Kurasana Na Hamas Imbonankubone
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?