Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Stade Amahoro Niyuzura Izaramba Imyaka 50
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Stade Amahoro Niyuzura Izaramba Imyaka 50

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2022 3:44 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bamwe mu bari kubaka Stade Amahoro bavuga ko niyuzura izaba ifite uburambe bw’imyaka 50, hakubakwa indi yo ku rwego rw’igihugu. Iri kuvururwa mu gihe yari isigaje imyaka itageze kuri 15 ngo irangize igihe yagenewe ubwo yuzuraga mu mwaka wa 1986.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire Rwanda Housing Authority (RHA) giherutse gutangaza ko hateganyijwe Miliyari Frw 160 zo kuyisana.

Umuyobozi w’agateganyo wa RHA witwa Noel Nsanzineza yabwiye The New Times ko kuvugurura iriya stade bizarangira mu mpera z’umwaka wa 2024.

Hari amafoto Taarifa iherutse gutangaza yerekana ko imirimo yo gusana iriya stade yatangiye.

Inkingi zimwe zarasenywe, aho abafana bicaraga harasenywa, inkingi zimwe zirakurwa…byose bikorwa mu rwego rwo gushyiraho uburyo bwo kuzasana bitagoranye.

Mu kuyubaka bazayongerera aho kwicara, bashyiraho n’ibyuma biyifata biremereye kandi bigari kugira ngo izarambe mu myaka 50 yagenewe.

Guhera muri Werurwe, 2021, Stade Amahoro ntikoreshwa.

Ikigo cy’ubwubatsi cyo muri Turikiya kitwa SUMMA n’icyo cyapatanye kubaka iriya stade yubatswe bwa mbere n’Abashinwa itahwa mu mwaka wa 1986.

Amakuru Taarifa yahawe n’umwe mu nararibonye avuga ko igitekerezo cyo kubaka Stade y’igihugu cyatangijwe n’Umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa ku giciro cy’amadolari y’Amerika ibihumbi icumi($10,000).

Yatanze kitarashyirwa mu bikorwa, kiza gukomezwa n’ubutegetsi bwa Juvenal Habyarimana wategetse u Rwanda guhera mu mwaka wa 1973 kugeza mu mwaka wa 1994.

Ikigo cy’Abanyaturikiya, SUMMA, kizubaka iriya stade mu buryo bugezweho kandi izaba isakaye.

Ubuyobozi bwa RHA buvuga ko uko imirimo yateguwe ari ko izagenda.

Iriya Stade niyuzura izajya yakira abantu 45,000 mu gihe kugeza ubu yakiraga abantu 35, 000.

Hari andi Miliyari Frw 5 yateganyijwe yo kuzita kuri iriya Stade.

 

TAGGED:AmahorofeaturedStadeSUMMA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Politiki Y’u Bufaransa Mu Kibazo Cya DRC Na M23
Next Article Undi Muti Wa Sima Nke Mu Rwanda Ugiye Kuboneka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

You Might Also Like

Imikino

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?