Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 October 2025 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Suluhu ari ku murongo ategereje kugerwaho ngo atore. Ifoto: Perezidansi ya Tanzania yitwa Ikulu.
SHARE

Mu buryo butari busanzwe muri Tanzania, ubu hari imidugararo yatewe n’abashyigikiye amashyaka atavuga rumwe n’irya Samia Suluhu Hassan riri k’ubutegetsi bigaragambije kuri uyu wa Gatatu bamagana ko abayobozi b’amashyaka yabo bahejwe mu matora y’Umukuru w’igihugu n’aya Abadepite yabaye kuri uyu wa 29, Ukwakira, 2025.

Ni imidugararo ikomeye kuko yatumye Polisi, ibitegetswe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, yahise ishyiraho ibihe by’umukwabo bigomba gukurikizwa mu mujyi munini kurusha indi ari wo Dar-es Salaam.

Abaturiye ibitaro bya Muhimbili babwiye BBC ko biboneye abantu benshi bazanwa muri ibyo bitaro ngo bavurwe ibikomere n’imvune bikomeye batewe n’iyo midugararo.

Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Tanzania witwa Camelius Wambura avuga ko ibihe by’umukwabo bitangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, agasaba abatuye Dar es Salaam bose kutagira aho batarabukira.

Ntiyatangaje igihe ibihe by’umukwabo bizarangira ndetse n’Umuvugizi wa Polisi muri uyu mujyi witwa Commissioner Alfred Chalamila yavuze ko niba abaturage badakurikije ibyo basabwa, Leta izafata ingamba zikomeye kurushaho mu rwego rwo kuhagarura umudendezo.

Ahandi havugwa akaduruvayo kakurikiye ayo matora ni i Mbeya( ni umujyi uri mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’igihugu) no mu mujyi wa Tunduma.

Umwe mu bigaragambya yabwiye BBC ati: “Turarambiwe, dukeneye ko hajyaho Komisiyo y’amatora idakorerwamo n’ishyaka riri ku butegetsi. Biramutse bibaye, byadufasha kugira Tanzania ituwe n’abaturage bishyira bakizana mu gutora ubuyobozi bihitiyemo.”

Ikindi cyatumye ubuzima bw’abaturage buhungabana cyane ni uko na interineti itari gukora neza mu bice byinshi bya Tanzania.

Ikigo gikurikirana ibyayo kitwa NetBlocks kivuga ko interineti yahungabanye bikomeye, ibyo abagikoramo bise ‘nationwide digital blackout.’

Nubwo ibyavuye mu matora bitaragaragara mu buryo budasubirwa, hari amakuru avuga ko i Dar es Salaam abantu batitabiriye cyane amatora kuko batinyaga ko hagira ubasagarira.

Mu masaha 72 akurikira itora nyirizina nibwo biteganyijwe ko ibyayavuyemo by’agateganyo byatangazwa.

Abasesengura bavuga ko uko bimeze kose nta wundi uzayatsinda utari Samia Suluhu Hassan wari usanzwe utegeka Tanzania guhera mu mwaka wa 2021 ubwo yasimburaga John Pombe Magufuli wapfuye by’amarabira amaze amezi ane atangiye manda ye ya kabiri.

Manda Suluhu yayoboraga muri iki gihe yari iyo Magufuli yasize atarangije, bityo iyi nayitsinda izaba ibaye iye ya mbere azaba agiye gutegeka.

Abaturage miliyoni 37 nibo biyandikishije kuri lisiti y’itora ngo batore Perezida wa Repubulika n’abagize Inteko Ishinga amategeko ya Tanzania.

Imibare yo mu mwaka wa 2024 yatangajwe na Banki y’isi igaragaza ko Tanzania muri iki gihe ituwe n’abaturage miliyoni 68.56

Abanyapolitiki bakomeye mu batavuga rumwe n’ishyaka riri k’ubutegetsi  mu Giswayili Chama cha  Mapenduzi [mu Kinyarwanda ni: Ishyaka ryiharanira impinduka] ni Tindu Lissu uyobora iryitwa Chadema na Luhaga Mpina uyobora iryitwa ACT-Wazalendo, bombi bakaba nta jwi rinini bafite muri politiki y’iki gihugu.

Chama cha Mapenduzi niryo rivugwaho kuzegukana imyanya myinshi no mu Nteko Ishinga Amategeko, rikaba rimaze imyaka 64 riyobora Tanzania.

TAGGED:AbaturageAmatorafeaturedHassanImidugararoPerezidaPolisiSuluhuTanzaniaUmukwabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 
Next Article Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?