Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 10:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
The Ben umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bakomeye mu Karere ruherereyemo.
SHARE

Mu kuririmbira abitabiriye iserukiramuco The Giants of Africa bari baje kureba uko rirangizwa, The Ben yacuranze indirimbo Habibi ivuguruye. Yacuranze kandi izindi ndirimbo akoresheje gitari, piyano akubita n’ingoma, ibintu benshi batari bamuziho.

Miss Ingabire Grâce wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2021 yaje kumufasha kuyibyina mu rwego rwo gusangiza abandi uko imbyino za chorégraphie zibyinwa.

Chorégraphie ni imibyinire ikorwa mu buryo bubaze, bugendana no gutera intambwe runaka, nazo zikagendana no kurambura cyangwa guhina amaboko hashingiwe ku manota indirimbo igezeho.

Yatangijwe n’Umufaransa witwa Raoul Feuillet mu Kinyejana cya 17 Nyuma ya Yezu Kristu.

Icyakora ubwo The Ben na Ingabire bajyaga ku rubyiniro bari basimbuye intore zari zirangije umuhamirizo.

Indirimbo Habibi  The Ben amaze imyaka irindwi ayikoze.

Nyuma yo kuyivugurura, yaraye ayicurangiye abaje mu gitaramo cyo kurangiza ririya serukiramuco cyabereye muri BK Arena.

Miss Ingabire Grace yize imyitozo ngororamubiri n’imibyinire muri Kaminuza.

The Ben niwe muhanzi w’Umunyarwanda wabimburiye abandi mbere y’uko abanda bahanzi barimo n’abakomeye muri Afurika batangira akazi kabazanye.

Abo ni Timaya, Kizz Daniel na Ayra Star, bose ni abo muri Nigeria.

Izindi ndirimbo The Ben yarimbiye abantu zirimo iza vuba aha n’iza kera nka ‘Thank You’ yafatanyije na Tom Close, Why yafatanyije Diamond Platinumz, True Love, Best Friend yafatanyije na Bwiza, n’izindi.

Ababyinnyi ba The Ben bahinduraga imyambaro ariko kandi bibanze ku myenda y’ibitenge mu rwego rwo gukomeza guha agaciro umuco wa Afurika,.

The Ben yagaragaje ubuhanga abantu batari bamuziho burimo gucuranga gitari, piyano no gukubita ingoma kandi akabijyanisha no kuririmba.

Hari benshi mu bahanzi baba abo mu Rwanda n’ahandi ku isi bataragera kuri uru rwego kuko bisaba kubyitoza igihe kirekire no kuba ufite ubwonko butatokojwe n’ibiyobyabwenge, ikintu kitaba kuri benshi.

TAGGED:AfurikaGiantHabibiIngabireMissNigeriaThe BenUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Buri Wese Afite Inshingano Z’Uko Abandi Babaho Neza-Kagame
Next Article Samia Suluhu Yatashye Icyanya Cy’Inganda Gifite Agaciro Ka Miliyoni $110
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?