Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

The Ben Yacuranze Gitari Na Piyano Atari Abizwiho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 August 2025 10:06 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
The Ben umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bakomeye mu Karere ruherereyemo.
SHARE

Mu kuririmbira abitabiriye iserukiramuco The Giants of Africa bari baje kureba uko rirangizwa, The Ben yacuranze indirimbo Habibi ivuguruye. Yacuranze kandi izindi ndirimbo akoresheje gitari, piyano akubita n’ingoma, ibintu benshi batari bamuziho.

Miss Ingabire Grâce wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2021 yaje kumufasha kuyibyina mu rwego rwo gusangiza abandi uko imbyino za chorégraphie zibyinwa.

Chorégraphie ni imibyinire ikorwa mu buryo bubaze, bugendana no gutera intambwe runaka, nazo zikagendana no kurambura cyangwa guhina amaboko hashingiwe ku manota indirimbo igezeho.

Yatangijwe n’Umufaransa witwa Raoul Feuillet mu Kinyejana cya 17 Nyuma ya Yezu Kristu.

Icyakora ubwo The Ben na Ingabire bajyaga ku rubyiniro bari basimbuye intore zari zirangije umuhamirizo.

Indirimbo Habibi  The Ben amaze imyaka irindwi ayikoze.

Nyuma yo kuyivugurura, yaraye ayicurangiye abaje mu gitaramo cyo kurangiza ririya serukiramuco cyabereye muri BK Arena.

Miss Ingabire Grace yize imyitozo ngororamubiri n’imibyinire muri Kaminuza.

The Ben niwe muhanzi w’Umunyarwanda wabimburiye abandi mbere y’uko abanda bahanzi barimo n’abakomeye muri Afurika batangira akazi kabazanye.

Abo ni Timaya, Kizz Daniel na Ayra Star, bose ni abo muri Nigeria.

Izindi ndirimbo The Ben yarimbiye abantu zirimo iza vuba aha n’iza kera nka ‘Thank You’ yafatanyije na Tom Close, Why yafatanyije Diamond Platinumz, True Love, Best Friend yafatanyije na Bwiza, n’izindi.

Ababyinnyi ba The Ben bahinduraga imyambaro ariko kandi bibanze ku myenda y’ibitenge mu rwego rwo gukomeza guha agaciro umuco wa Afurika,.

The Ben yagaragaje ubuhanga abantu batari bamuziho burimo gucuranga gitari, piyano no gukubita ingoma kandi akabijyanisha no kuririmba.

Hari benshi mu bahanzi baba abo mu Rwanda n’ahandi ku isi bataragera kuri uru rwego kuko bisaba kubyitoza igihe kirekire no kuba ufite ubwonko butatokojwe n’ibiyobyabwenge, ikintu kitaba kuri benshi.

TAGGED:AfurikaGiantHabibiIngabireMissNigeriaThe BenUmuhanzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Buri Wese Afite Inshingano Z’Uko Abandi Babaho Neza-Kagame
Next Article Samia Suluhu Yatashye Icyanya Cy’Inganda Gifite Agaciro Ka Miliyoni $110
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?