Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Ari Kureba Uko Abaturage Be Bakingirwa Ubushita Bw’Inkende
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbuzima

Tshisekedi Ari Kureba Uko Abaturage Be Bakingirwa Ubushita Bw’Inkende

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2024 1:21 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo Felix Tshisekedi yakiriye mu Biro bye umuyobozi w’Ikigo nyafurika gishinzwe kurwanya ibyorezo witwa Jean Kaseya baganira uko inkingo z’ubushita bw’inkende zagezwa mu gihugu cye.

Hagati aho Jean Kaseya yatangarije kuri X ko Guverinoma ya Repubulika yemeye guha ikigo ayobora miliyoni $10 zo kuzafasha mu gushaka no gukwirakwiza inkingo haba mu gihugu cye cyangwa ahandi muri Afurika.

Repubulika ya Demukarasi ya Congo niyo yayogojwe n’ubushita bw’inkende kurusha ibindi bihugu byose ku isi.

Abantu babarirwa muri magana bumaze kubahitana.

Ibindi bihugu iyi ndwara yagezemo mu Burundi, Cameroon, Congo, Ghana, Liberia, Nigeria, Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Afurika y’Epfo, Uganda no muri Kenya.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima, OMS/WHO risaba ibihugu byose guhaguruka bikambarira guhangana n’iyi ndwara.

Iyi mpuruza u Rwanda rwayumvise vuba kuko ubuyobozi mu kigo cy’igihugu cy’ubuzima, RBC, bwemeza ko hari ingamba zifatika zafashwe mu rwego rwo kurinda ko abantu banduzanya.

Mu Mujyi wa Kigali, nk’ahantu hahurira abantu benshi, haherutse gutangazwa ingamba z’uko ahantu hose hahurira abantu benshi hagomba gushyirwa ubukarabiro.

Abahagana bagomba gukaraba intoki mu rwego rwo gukura imyanda iri mu biganza byabo ishobora kuba indiri ya virusi zirimo n’izitera ubushita bw’inkende.

Ingamba nk’izi zari zarafashwe mu mwaka wa 2021 kugeza mu ntangiriro za 2023 ubwo COVID-19 yari ikiri nyinshi mu baturage.

Ubushita bw’inkende bwandurira mu guhuza imibiri hagati y’uwanduye n’utaranduye, umwe akaba yasiga undi amatembabuzi cyane cyane ava mu mibonano mpuzabitsina.

Ibi bivuze ko n’abashakanye bashobora kwanduzanya umwe abaye yaranduye binyuze mu buryo runaka.

Ikindi ni uko niba gukaraba intoki ari uburyo bwo kwisukura kugira ngo virusi ziri mu biganza ziveho, ku rundi ruhande, bivuze ko gusuhuzanya mu biganza cyangwa gusomana nabyo bishobora kwanduza abantu.

Mu Rwanda hamaze gutangazwa ku mugaragaro ko abantu bane ari bo banduye ubushita bw’inkende ariko babiri barabuvurwa burakira.

Abandi nabo RBC ivuga ko bitaweho.

Niba inkingo z’iyi ndwara zitabonetse mu buryo bwihuse izaba ikibazo ku isi kuko mu bantu 100 yafashe, iba ishobora kwicamo abantu 10.

Urukingo Rw’Ubushita Bw’Inkende Ni Irindi Hurizo

TAGGED:AbanyarwandaCongofeaturedInkendeTshisekediUbushita
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umunyarwandakazi Yegukanye Umudali Wa Zahabu Mu Kwiruka
Next Article Imvura Izagwa Mu Muhindo Izaba Iri Ku Kigero ‘Gisanzwe’-Meteo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?