Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yabwiye Amahanga Ibyo Yifuza Ko Byakorerwa i Goma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yabwiye Amahanga Ibyo Yifuza Ko Byakorerwa i Goma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2025 4:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri X ya Perezidansi ya DRC handitse ko Perezida Tshisekedi yifuza ko bagenzi be ba EAC na SADC bitabiriye Inama yabahurije muri Tanzania bategeka abarwanyi ba M23 kuva mu Mujyi wa Goma.

Ni kimwe mu bindi byifuzo ashaka ko abitabiriye iriya nama yabereye Dar es Salaam muri Tanzania bagomba kwemeza.

Ashaka ko M23 irekura ikibuga cy’indege cya Goma, agashaka ko ingabo z’u Rwanda ziva mu bice by’igihugu cye avuga ko zigaruriye.

Tshisekedi avuga ko gufungura ikibuga cya Goma bizafasha mu kugeza imfashanyo ku baturage bo muri Goma bavanywe mu byabo n’intambara.

Kuri X, Congo ivuga ko iri gutsinda urugamba rwa dipolimasi, igatanga ingero z’inama iyabereye  i Geneve mu Busuwisi yiga ku burenganzira bwa muntu, iyabereye i Malabo muri Guinée Equatoriale, zose zavuze ko u Rwanda rufite akaboko mu bibera mu Burasirazuba bwa Congo.

I Kinshasa bavuga ko ibyo byose byerekana ko DRC iri gutsinda urugamba muri dipolomasi.

Inama yabereye muri Tanzania ntiyitabiriwe na Ndayishimiye ariko yohereje Minisitiri w’Intebe Gervais Ndirakobuca.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame we yayitabiriye, mu gihe mugenzi we wa Afurika y’Epfo witwa Cyril Ramaphosa atayitabiriye by’imbonankubone.

Abatuye EAC na SADC bategerezanyije amatsiko ibyemezo by’iriya nama.

TAGGED:BurundifeaturedIbyemezoRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yageze Dar es Salaam Mu Nama Ikomeye Yiga Ku Bibazo Bya DRC
Next Article Ese Tshisekedi Aremera Ibyo Yasabwe Byo Kuganira Na M23?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?