Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tubanye Neza N’u Rwanda Kandi Bizakomeza- Amb Wa Koreya Y’Epfo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Tubanye Neza N’u Rwanda Kandi Bizakomeza- Amb Wa Koreya Y’Epfo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2023 5:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda Jeong Woojin avuga ko umubano w’u Rwanda na Koreya y’Epfo umaze igihe kandi ukomeje kwaguka.

Yabivugiye mu muhango wo kwishimira uko umubano hagati ya Kigali na Seoul uhagaze, uwo muhango ukaba ari ngarukamwaka.

Uhuza Abanyarwanda bize muri Koreya y’Epfo ndetse n’Abanya Koreya y’Epfo baba mu Rwanda byo kuhatura cyangwa abakora muri Ambasade.

Ambasaderi Woojin yavuze ko mu minsi ishize Minisitiri wa Koreya y’Epfo yasuye u Rwanda ariko na mugenzi we w’u Rwanda asura Koreya y’Epfo.

Ati: “ U Rwanda na Koreya y’Epfo dukorana mu buryo bwo kubahana kandi ni umubano buri ruhande rwungukiramo.”

Abanyarwanda bize cyangwa bakoreye muri Koreya y’Epfo bashyizeho Ihuriro bise Korea- Rwanda Alumni Association( KORAA).

Umuyobozi w’iri huriro witwa Delphine Mukashema avuga ko umubano w’abagize iri huriro wagize uruhare mu mikoranire inoze hagati y’u Rwanda na Koreya y’Epfo.

Ryagiyeho muri Mutarama, 2015, ukaba ugizwe n’abantu bakabakaba 1000.

Delphine Mukashema uyobora ihuriro KORAA

Umwe mu bakozi ba KOICA kandi wize muri Koreya witwa Felix Ngirabakunzi avuga ko iyi mikoranire yatumye Koreya y’Epfo ifasha Abanyarwanda mu nzego zitandukanye zirimo gukora urubuga rw’Irembo, gufasha Rwanda Revenue Authority gukoresha EBM  n’ibindi.

KOICA( Korea International Cooperation Agency) yafashije u Rwanda mu kubaka amashuri akoresha ikoranabuhanga, ibyo bita smart classrooms.

Ngirabakunzi avuga ko iki kigo kandi hari imishinga yo mu buhinzi cyafashije gutera imbere harimo kwita ku musaruro w’imboga harimo n’urusenda ngo zitangirika.

Ubusanzwe ikigo KOICA gikora imishinga ikazashyirwa mu bikorwa mu myaka ibiri iba iri imbere.

Abagize Ihuriro KORAA mu nteko rusange yabo y’umwaka wa 2023.

Bikorwa mu rwego rwo kwiha igihe gihagije cyo kuzasuzuma ibyakozwe n’ibitarakozwe ndetse no kureba ibyanozwa mbere y’uko umwaka nyirizina wo kubishyira mu bikorwa ugera.

Iki kigo kandi gukorana n’u Rwanda mu gufasha abakozi barwo n’abaturage muri rusange mu kuzamura ubumenyi bw’uko imirimo rukana ikorwa mu buryo bugezweho.

TAGGED:AmbasaderifeaturedKOICAKoreyaRwandaUbufatanyeUbuhinziUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwoherereje Palestine Imfashanyo
Next Article Umukozi Wa RSB Yafatanywe Ruswa Ya Miliyoni Frw 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

Ubufaransa Bugiye Gukoresha Inama Ku Mutekano Mu Karere

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Guhurira Muri Amerika Kwa Kagame Na Tshisekedi Kwimuriwe Mu Ugushyingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muri Somalia Byifashe Bite?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?