Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tubanye Neza N’u Rwanda Kandi Bizakomeza- Amb Wa Koreya Y’Epfo Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Tubanye Neza N’u Rwanda Kandi Bizakomeza- Amb Wa Koreya Y’Epfo Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2023 5:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda Jeong Woojin avuga ko umubano w’u Rwanda na Koreya y’Epfo umaze igihe kandi ukomeje kwaguka.

Yabivugiye mu muhango wo kwishimira uko umubano hagati ya Kigali na Seoul uhagaze, uwo muhango ukaba ari ngarukamwaka.

Uhuza Abanyarwanda bize muri Koreya y’Epfo ndetse n’Abanya Koreya y’Epfo baba mu Rwanda byo kuhatura cyangwa abakora muri Ambasade.

Ambasaderi Woojin yavuze ko mu minsi ishize Minisitiri wa Koreya y’Epfo yasuye u Rwanda ariko na mugenzi we w’u Rwanda asura Koreya y’Epfo.

Ati: “ U Rwanda na Koreya y’Epfo dukorana mu buryo bwo kubahana kandi ni umubano buri ruhande rwungukiramo.”

Abanyarwanda bize cyangwa bakoreye muri Koreya y’Epfo bashyizeho Ihuriro bise Korea- Rwanda Alumni Association( KORAA).

Umuyobozi w’iri huriro witwa Delphine Mukashema avuga ko umubano w’abagize iri huriro wagize uruhare mu mikoranire inoze hagati y’u Rwanda na Koreya y’Epfo.

Ryagiyeho muri Mutarama, 2015, ukaba ugizwe n’abantu bakabakaba 1000.

Delphine Mukashema uyobora ihuriro KORAA

Umwe mu bakozi ba KOICA kandi wize muri Koreya witwa Felix Ngirabakunzi avuga ko iyi mikoranire yatumye Koreya y’Epfo ifasha Abanyarwanda mu nzego zitandukanye zirimo gukora urubuga rw’Irembo, gufasha Rwanda Revenue Authority gukoresha EBM  n’ibindi.

KOICA( Korea International Cooperation Agency) yafashije u Rwanda mu kubaka amashuri akoresha ikoranabuhanga, ibyo bita smart classrooms.

Ngirabakunzi avuga ko iki kigo kandi hari imishinga yo mu buhinzi cyafashije gutera imbere harimo kwita ku musaruro w’imboga harimo n’urusenda ngo zitangirika.

Ubusanzwe ikigo KOICA gikora imishinga ikazashyirwa mu bikorwa mu myaka ibiri iba iri imbere.

Abagize Ihuriro KORAA mu nteko rusange yabo y’umwaka wa 2023.

Bikorwa mu rwego rwo kwiha igihe gihagije cyo kuzasuzuma ibyakozwe n’ibitarakozwe ndetse no kureba ibyanozwa mbere y’uko umwaka nyirizina wo kubishyira mu bikorwa ugera.

Iki kigo kandi gukorana n’u Rwanda mu gufasha abakozi barwo n’abaturage muri rusange mu kuzamura ubumenyi bw’uko imirimo rukana ikorwa mu buryo bugezweho.

TAGGED:AmbasaderifeaturedKOICAKoreyaRwandaUbufatanyeUbuhinziUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwoherereje Palestine Imfashanyo
Next Article Umukozi Wa RSB Yafatanywe Ruswa Ya Miliyoni Frw 25
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?