Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tumenye Ishuri Ry’Inkubito Z’Icyeza Z’Afghanistan Ryitwa SOLA Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Tumenye Ishuri Ry’Inkubito Z’Icyeza Z’Afghanistan Ryitwa SOLA Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2022 6:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye yakiriye mu Biro bye  abagize Inama y’ubutegetsi  iyobora Ishuri ry’indashyikirwa z’abakobwa bo muri Afghanistan b’abahanga kurusha abandi wagereranya n’inkubito z’icyeza zo mu Rwanda.

Mu biganiro bye n’abo bayobozi, Perezida Kagame yarebeye hamwe nabo uko imikorere ya ririya shuri yatezwa imbere kandi igakomeza kwagukira mu Rwanda.

Today at Urugwiro Village, President Kagame received board members of @SOLAAfghanistan and founder @sbasijrasikh to discuss the school's progress and plans for expansion in Rwanda. pic.twitter.com/uNs9XIFrBe

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) October 12, 2022

Mu mezi menshi ashize, hari bamwe mu bakobwa bigaga muri Afghanistan bimukiye mu Rwanda nyuma y’uko kiriya gihugu ‘cyongeye’ kwigarurirwa n’Abatalibani bakirukanyemo Abanyamerika  bari bakimazemo imyaka 21.

Abo bakobwa bavuye muri Afghanistan bahunze ubu baba mu Rwanda kandi bakomereje amasomo yabo.

Ishuri ryabo SOLA Afghanistan ryakomereje imirimo yaryo mu Rwanda.

Ishuri SOLA Afghanistan:

Ni ishuri muri rusange ryigisha abakobwa iby’ubuyobozi. Mu magambo arambuye y’Icyongereza baryita The School of Leadership, Afghanistan (SOLA).

Abakobwa bose baryigamo, biga baba mu kigo kandi niryo rya mbere rikaba ryonyine mu mashuri y’Abanya-Afghanistan ry’abakobwa gusa kandi bita bacumbikiwe.

Ku rubuga rw’iri shuri handitseho ko intego yabo ari uguha abakobwa baryigamo ubumenyi buhanitse mu by’imiyoborere kandi bakaba indashyikirwa mu gutekereza byimbitse kandi bakagira ubushobozi bwo kureba kure.

Bajya kurishinga, basanze umubare w’abakobwa batize ari munini.

Byatumye bumva ko gushinga ishuri ryigisha abakobwa, bakajijuka ari ngombwa kugira ngo ejo hazaza h’igihugu cyabo hazabe heza kurushaho.

Icyakora ibibazo bya Politiki byakomeje kuba imbogamizi ku mibereho myiza y’abanya Afghanistan muri rusange.

Imibare itanga na rwa rubuga twanditse haruguru ivuga ko muri Afghanistan abakobwa batabonye amahirwe yo kwiga bagera kuri 63% ndetse ngo abagera kuri miliyoni 3 bavuye mu ishuri batarangije amasomo.

Ishuri SOLA Afghanistan ryashyizweho kugira ngo rihe abo bakobwa amahirwe yo kwiga batari buzabone ahandi mu gihugu cyabo.

Umuyobozi w’iri shuri witwa Shabana Basij-Rasikh aherutse kuvuga ko kuba bafite ishuri nk’iri mu Rwanda ari iby’agaciro kanini.

Shabana Basij-Rasikh yashinze ishuri SOLA Afghanistan

Iyi mpirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu ivuga ko mu mwaka wa 2022 bemereye abakobwa bose bo muri Afghanistan  n’ahandi ku isi babishaka ko bakwandika basaba kwiga muri SOLA Afghanistan ishami ry’u Rwanda.

Ubu abakobwa 170 bo mu bihugu 10 bamaze kwandika babisaba.

Muri Nzeri, 2022 nibwo bamwe batangiye amasomo.

Shabana Basij-Rasikh yashinze ishuri SOLA Afghanistan nawe akiri umunyeshuri mu mashuri yisumbuye.

Abakobwa baryigamo biga science n’andi masomo azabagira indashyikirwa muri byinshi
TAGGED:AbakobwaAbatalibaniAfghanistanfeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bavuga Ko Bashaka Gufasha Leta Guha Abanyarwanda Bose Amashanyarazi
Next Article Gakenke: Bibye Mu Kigo Cya TVET Nemba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?