Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Buyapani Bwahaye u Rwanda Inguzanyo Ya Miliyari Frw 118
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Buyapani Bwahaye u Rwanda Inguzanyo Ya Miliyari Frw 118

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 March 2024 1:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwego rwo gufasha u Rwanda kuzamura urwego rw’uburezi mu mashuri abanza n’ayisumbuye, Guverinoma y’Ubuyapani yarugurije miliyari Frw 118.

Ni amafaranga azatuma rushyira ikoranabuhanga mu mashuri abanza n’ayisumbuye rukazayishyura mu myaka 40 ku nyungu ya 0,2%.

Intego ikomeye ni uko uburezi bugera kuri bose kandi bugatangwa mu ikoranabuhanga.

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko u Rwanda ruha agaciro uburezi kuko ari bwo shingiro ry’iterambere rirambye ku gihugu icyo ari cyo cyose.

Avuga ko gukorana n’Ubuyapani mu kunoza ikoranabuhanga mu burezi ari ikintu kizafasha u Rwanda kugera ku ntego rwiyemeje yo kuzamura uburezi nka rumwe mu nzego z’ibanze zizamura ubukungu.

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda witwa Isao Fukushima avuga ko Ubuyapani budakunze guha ibihugu inguzanyo ingana kuriya ariko ngo kuba bikozwe mu Rwanda ni ikimenyetso cy’uko buha agaciro umuhati w’u Rwanda mu kuzamura uburezi bwarwo.

Avuga ko uburezi butagirira akamaro ubukungu gusa ahubwo bufasha n’umuntu kuba umuntu muzima, ufite imibereho iboneye.

Ati: “ Nizeye ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda kugira abaturage babonye uburezi buboneye.”

Ubuyapani busanzwe bufatanya n’u Rwanda mu nzego zitandukanye zirimo ikoranabuhanga, kubaka ibikorwa remezo, uburezi, ubuzima n’ibindi.

TAGGED:BuyapanifeaturedIkoranabuhangaInguzanyoRwandaUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abigaragambya Bafunze Umuhanda Goma-Sake
Next Article Rwamagana: Akurikiranyweho Kwica Nyina
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?