Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda, DRC Byaganiriye Ku Mpamvumuzi Y’Umutekano Muke Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda, DRC Byaganiriye Ku Mpamvumuzi Y’Umutekano Muke Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu taliki 16, Gashyantare, 2024 Perezida Kagame yitabiriye inama yigaga ku mutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni inama nto yari yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’ibindi bihugu barimo  Felix Tshisekedi wa DRC, João Lourenço wa Angola, Cyril Ramaphosa uyobora Afurika y’Epfo na William Ruto uyobora Kenya.

Iyi nama yareberaga hamwe uko ibintu byifashe muri aka karere kugira ngo harebwe  uko amahoro arambye yahagaruka.

Barebeye hamwe impamvu-muzi z’amakimbirane akomeje guteza intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni inama yigaga ku mpamvumuzi z’umutekano muke muri DRC
Perezida wa Angola niwe muhuza wagenwe na Afurika

Mu byo bagarutseho harimo imiyoborere mibi igaragara muri DRC, kuvangura abantu hashingiwe ku moko ndetse n’urugomo rukorerwa abavuga Ikinyarwanda.

I Addis Ababa kandi Perezida Kagame yanitabiriye Inama yigaga ku byo kubungabunga ibidukikije muri Afurika yayobowe na Perezida wa Congo- Brazzaville Denis Sassou Nguesso ndetse yitabirwa na Perezida wa Banki nyafurika y’iterambere, Akinumi Adesina.

Bigiye hamwe uko haboneka amafaranga akwiye yo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere rigira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Afurika.

Mu Nama y’Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame azabwira abandi bayobozi ba Afurika intambwe imaze guterwa mu birebana no guharura inzira y’amavugurura y’uyu Muryango.

Muri Gashyantare, 2016 nibwo Perezida Kagame yahawe inshingano zo gukurikirana amavugurura akenewe muri uyu muryango hagamijwe ko uzagera ku ntego z’icyerekezo 2063 wihaye mu myaka yatambutse.

Ikigega cy’uyu muryango kimaze kugeramo miliyoni $400 zo gufasha mu kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye by’Afurika.

TAGGED:DRCfeaturedKagameTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza Rwa Dubai Rugiye Gusubirwamo
Next Article Isoko Ry’Impunzi Za Kigeme Ryakongotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?