Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda, DRC Byaganiriye Ku Mpamvumuzi Y’Umutekano Muke Mu Karere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda, DRC Byaganiriye Ku Mpamvumuzi Y’Umutekano Muke Mu Karere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu taliki 16, Gashyantare, 2024 Perezida Kagame yitabiriye inama yigaga ku mutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni inama nto yari yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’ibindi bihugu barimo  Felix Tshisekedi wa DRC, João Lourenço wa Angola, Cyril Ramaphosa uyobora Afurika y’Epfo na William Ruto uyobora Kenya.

Iyi nama yareberaga hamwe uko ibintu byifashe muri aka karere kugira ngo harebwe  uko amahoro arambye yahagaruka.

Barebeye hamwe impamvu-muzi z’amakimbirane akomeje guteza intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni inama yigaga ku mpamvumuzi z’umutekano muke muri DRC
Perezida wa Angola niwe muhuza wagenwe na Afurika

Mu byo bagarutseho harimo imiyoborere mibi igaragara muri DRC, kuvangura abantu hashingiwe ku moko ndetse n’urugomo rukorerwa abavuga Ikinyarwanda.

I Addis Ababa kandi Perezida Kagame yanitabiriye Inama yigaga ku byo kubungabunga ibidukikije muri Afurika yayobowe na Perezida wa Congo- Brazzaville Denis Sassou Nguesso ndetse yitabirwa na Perezida wa Banki nyafurika y’iterambere, Akinumi Adesina.

Bigiye hamwe uko haboneka amafaranga akwiye yo guhangana n’ihindagurika ry’ikirere rigira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Afurika.

Mu Nama y’Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame azabwira abandi bayobozi ba Afurika intambwe imaze guterwa mu birebana no guharura inzira y’amavugurura y’uyu Muryango.

Muri Gashyantare, 2016 nibwo Perezida Kagame yahawe inshingano zo gukurikirana amavugurura akenewe muri uyu muryango hagamijwe ko uzagera ku ntego z’icyerekezo 2063 wihaye mu myaka yatambutse.

Ikigega cy’uyu muryango kimaze kugeramo miliyoni $400 zo gufasha mu kugarura amahoro mu bihugu bitandukanye by’Afurika.

TAGGED:DRCfeaturedKagameTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza Rwa Dubai Rugiye Gusubirwamo
Next Article Isoko Ry’Impunzi Za Kigeme Ryakongotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Rwanda: Abana Bafite Ubumuga Baracyahishwa Mu Ngo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

Tshisekedi Arashaka Ubufasha Bwa Gisirikare Bwa Angola

Trump Yeruye Arega BBC Ngo Imwishyure Miliyari $10

You Might Also Like

Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rusizi: Hafatiwe Uvugwaho Gusiga Yishe Sewabo Wagaba i Rulindo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abavoka Basaba Ruswa Batokoza Ubutabera- Mukantaganzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibishanga Bya Kigali Biri Gutunganywa Bizatahwa Muri Kamena 2026-REMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?