Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 May 2025 8:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame ubwo yerekwaga izi ntwaro.
SHARE

Mu buryo busa n’ubwatunguye benshi, mu Rwanda haraye hamuritswe intwaro zihakorerwa. Ni ubwa mbere byari bigaragaye kuko abenshi bari bazi ko izikoreshwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zose zivanwa mu mahanga.

Mu imurikabikorwa ry’intwaro ryaraye ribereye mu Rwanda rigenewe abitabiriye Inama mpuzamahanga iri kuhabera yita ku by’umutekano muri Afurika, ni ho izo ntwaro ubona ko zikomeye zamurikiwe Perezida Paul Kagame n’abandi bayitabiriye.

Nyuma y’ijambo yavuze ryerekana ko umutekano wa Afurika ukwiye kujya mu maboko yayo, ntiwurindirwe n’abandi, Kagame yasuye ahari imurikabikorwa ry’inganda zikora ibikoresho by’ubwirinzi, birimo n’ibikorerwa mu Rwanda.

Iryo murika ni iryo kwerekana ko burya Afurika nayo yakwikorera ibikoresho byayo biyirindira umutekano.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibigo 17 byo mu bihugu bitandukanye byagaragaje ibikoresho byifashishwa mu gucunga umutekano n’ubwirinzi.

Inama ya ISCA yamurikiwemo ziriya ntwaro yitabiriwe  n’abantu 1000 barimo inzobere mu by’umutekano.

Ibihugu byamuritse ibyo bikora birimo u Rwanda, Israel, Misiri, Kenya, Uganda, u Bufaransa, Pologne, u Burusiya na Slovakia.

Imbunda zo mu Rwanda zikorwa n’ikigo REMCO( Rwanda Engineering &Manufacturing Corporation).

Rukorera mu cyanya cy’inganda cya Kigali, rukaba rumaze imyaka ibiri rukora.

- Advertisement -

Rukora intwaro nto bita pistols, intwaro nini nka machine guns n’izindi kandi rukorana na Israel mu gukora ziriya ntwaro.

TAGGED:AfurikafeaturedInamaIntwaroRwandaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda
Next Article DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ese Elon Musk Yavanywe Mu Nkoramutima Za Trump?

Iperereza Ryakorwaga Kuri Agathe Kanziga Ryarangiye

Cardinal Kambanda Yatunguwe No Kumva Ko Kwa Yezu Nyirimpuhwe Hafunzwe

DRC: Hagiyeho Itsinda Ryo Kwiga Uko Kabila Yakwamburwa Ubudahangarwa

U Rwanda: Igihugu Cy’Intwari Zikorera Intwaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rutsiro:Indwara Ya Muryamo Iri Mu Ngurube Iraterwa N’Iki?

Nyarugenge: Imodoka Ya WASAC Yibwe

Hatangajwe Ifoto Yemewe Ya Papa Lewo XIV

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

BNR Mu Ngamba Zo Kurushaho Guteza Imbere Ikoranabuhanga Mu Kwishyurana

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Impuguke Ya UN Irasuzuma Uko Ubukene Buhagaze Mu Banyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yavuze Uruhare Afurika Ikwiye Kugira Mu Mutekano Wayo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Uganda: 13 Baguye Mu Mpanuka Bavuye Mu Bukwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ubutumwa Bwa IBUKA Bwamagana Iyicwa Rya Nyirangirinshuti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?