Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2025 1:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame ubwo yavugaga muri make ibyo yaganiriye na mugenzi we wa Senegal.
SHARE

Paul Kagame yabwiye Bassirou Diomaye Faye uyobora Senegal uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu ko kimwe mubyo ibihugu byombi bihuriyeho ari uguharanira ko urubyiruko ruzaba ingirakamaro ejo hazaza.

Nyuma yo kuganira mu mwiherero, bombi bahagarariye isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo no guteza imbere ubwikorezi, imikoranire mu by’amagororero, ubuhinzi n’ibindi.

Ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi nibo bayashyizeho umukono, birangiye Perezida Kagame avuga ijambo nyuma ariha na mugenzi we ngo agire icyo abwira abari baje muri iki gikorwa n’abaturage b’ibihugu byombi.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rufite imikorere ruhuje na Senegal irimo guharanira kwigira, abayobozi bakabazwa ibyo bashinzwe.

Ati: “Ibyo twaganiriye byerekana ko duhuje intego zacu kandi tukagera ku majyambere y’umugabane wacu. Mu Rwanda twabonye ko ibintu bishobora guhinduka binyuze mu bumwe no gukorana kwa buri wese wese. Ni ngombwa ko urubyiruko ruhabwa uburyo bwo gukora ngo rwiteze kandi ruteze imbere uyu mugabane.”

Avuga ko inzego z’ubufatanye zasinywe zerekana ko igihe kiri imbere kizaba icy’ubufatanye hagati ya Kigali na Dakar.

Perezida Faye yashimiye Kagame ko yamutumye ngo aze baganire uko imikoranre yakomeza kandi bakarebera hamwe uko yaramba.

Faye yabwiye mugenzi we w’u Rwanda ko yatinze kuza gusura u Rwanda kuko hari ibyo yari agishyira ku murongo mu butegetsi bwa Senegal cyanecyane ko abugiyeho vuha aha.

Faye nawe yavuze ko yishimiye imikoranire hagati y’ibihugu byombi.

Perezida wa Senegal yavuze ko umuntu wese urebye aho u Rwanda rugeze rutera imbere, atabura kubyishimira kuko rwavuye ahabi.

Ashima ko u Rwanda rukora uko rushoboye ngo rufashe abandi muri Afurika ngo batere imbere.

Faye yavuze ko imikoranire y’u Rwanda na Senegal izateza imbere ubuhinzi, ikoranabuhanga, ubwikorezi n’ibindi bizafasha ibihugu byombi gutera imbere.

Perezida wa Senegal yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 17, mu ruzinduko azarangiza kuri iki Cyumweru tariki 19, Ukwakira, akazakomereza muri Kenya.

Mbere yo guhura na Perezida Kagame, Faye yabanje gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi mu Karere ka Gasabo.

TAGGED:AmahangafeaturedRwandaSenegalUbubanyiUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda
Next Article Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?