Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Cyo Ku Rwego Rw’Isi Kigisha Umukino W’Igare
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Cyo Ku Rwego Rw’Isi Kigisha Umukino W’Igare

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 September 2024 7:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Impuzamashyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) bwemeje ko mu Rwanda hazashyirwa ikigo bise ‘Centre Satellite’ gitoza uyu mukino ku rwego mpuzamahanga.

Iki kigo kizubakwa muri Musanze, Rwamagana na Bugesera kugira ngo gihe abana bo mu bice bitandukanye by’u Rwanda amahirwe yo kwiga gutwara amagare nk’umukino ukozwe kinyamwuga.

Gushyira iki kigo gishamikiye kuri UCI gitoza umukino w’amagare mu Rwanda ni umushinga wari umaze hafi imyaka itandatu.

U Rwanda ruzaba ari urwa kabiri rugize iki kigo muri Afurika kuko ikindi kiba ahitwa Paarl muri Afurika y’Epfo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo FERWACY yatangaje ko iyi Centre “izafasha u Rwanda n’ibihugu byo mu karere guteza imbere uyu mukino binyuze mu gutoza abakinnyi, abatoza, abakomiseri n’abandi.

Biteganyijwe ko i Musanze ari ho hazajya habera imyitozo yo ku butumburuke bwo hejuru, amacumbi n’amashuri.

Mu Bugesera ahegereye  ikibuga gishya cy’indege kizuzura mu myaka itatu iri imbere, hazabera amasiganwa yo kuzenguruka mu mihanda ifunze, gukinira muri ‘pumptrack’ ndetse na ho hazaba hari ibyumba byo kwigiramo.

Pumptrack ni imihanda y’utununga, iba igoye kudendwamo.

Mu Karere ka Rwamagana ho hazashyirwa ikigo gitoza abakobwa umukino w’amagare kandi haberanye n’amasiganwa yo kuzenguruka.

- Advertisement -

Uretse muri Afurika, ahandi UCI ifite ibigo nk’ibi ni mu Bushinwa, Nouvelle-Zélande, Canada, Trinad & Tobago, u Buyapani, Koreya y’Epfo, u Buhinde na Portugal.

Mu mwaka wa  2025, u Rwanda ruzaba igihugu cya mbere cya Afurika kizakira Shampiyona y’Isi y’amagare.

TAGGED:AmagareBugeserafeaturedFERWACYIkigoIrushanwaMpuzamahangaMusanzeRwamagana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yishe Umuyobozi Mukuru Wa Hezbollah
Next Article Bugesera: Igitaramo ‘MTN Iwacu Muzika’ Cyahagaritswe Melodie Ataririmbye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?