Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kumva Umwanzuro W’Urukiko Ku Kirego Cya DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rugiye Kumva Umwanzuro W’Urukiko Ku Kirego Cya DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2025 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Hasigaye iminsi mike uru rukiko rugatangaza icyo wanzuye ku cyifuzo cy'u Rwanda.
SHARE

Hazaba ari kuwa Kane Tariki 26, Kamena, 2025 ubwo u Rwanda ruzumva umwanzuro w’Urukiko Nyafurika rushinzwe uburenganzira bw’abantu ku ngingo yerekeye ibyo rwasabye by’uko uru rukiko rwatesha agaciro ibirego DRC yarureze.

Muri Gashyantare 2025 Repubulika ya Demukarasi ya Congo yagejeje muri uru rukiko ikirego cy’uko u Rwanda rwayiteye, ruyicira abaturage kandi ruyisahura amabuye y’agaciro mu gihe cy’imyaka 30.

Abanyamategeko b’u Rwanda, barrio bahagarariwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, basabye Inteko iburanisha ko ikirego cya DRC kitahabwa agaciro.

Ubu, ubwanditsi bw’uru Rukiko bwatangaje ko ku itariki yavuzwe haruguru hazatangazwa icyemezo cyafashwe ku byo u Rwanda rwasabye.

Itangazo hari aho rigira riti: ” Ubwanditsi bw’uru rukiko buramenyesha ahavugwa muri iyi dosiye ko ruzabamenyesha ibyo rwemeje ku iburanisha riheruka, bakazabimenyeshwa Tariki 26, Kamena, 2025 saa yine za mu gitondo ku isaha ya Arusha”.

Mu iburanisha riheruka ryamaze iminsi ibiri. hagati ya 12 na 13, Gashyantare, urukiko rwasabye buri ruhande kwandika mu buryo burambuye ibisobanura uruhare rwarwo, rukabishyiraho umugereka uriho izindi ngingo zishyigikira ibyo rwavuze, kugira ngo ruzasuzume ibyo byose mbere y’uko rwanzura.

Abanyamategeko b’u Rwanda bavuga ko ibyo DRC irega iki gihugu bidafashije bityo ku bikwiye kwimwa amaso n’amatwi.

Bavuga ko ibyo ruregwa bishingiye ahanini ku mabwire Guverinoma ya DRC yavanye mu itangazamakuru no mu miryango mpuzamahanga, bidafite aho bihuriye n’ukuri ku ibiriho.

Kigali kandi isaba Urukiko gutesha agaciro n’ibindi birego byose  DRC irega u Rwanda.

Uruhande rwa DRC rwo ruvuga ko uru rukiko rukwiye kwerekana ko rufite ubushobozi bwo kuburanisha ibihugu byasinye amasezerano arushyiraho, rukabikora binyuze mu guha agaciro ibirego byarwo.

DRC irega u Rwanda ibyaha ivuga ko rwakoreye ku butaka bwayo guhera mu mwaka wa 2021 ndetse na mbere yaho mu bihe bitandukanye.

TAGGED:CongoDRCfeaturedRwandaUmwanzuroUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Yatangiye Ibitero Muri Iran
Next Article Ireland: Habonetse Icyobo Kirimo Imibiri Irenga 800 Y’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Basaza Babo-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?