Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rugiye Kwakira Izindi Nkingo Miliyoni 3.5 Za Pfizer
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

U Rwanda Rugiye Kwakira Izindi Nkingo Miliyoni 3.5 Za Pfizer

Last updated: 01 June 2021 4:20 pm
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko kugeza mu mpera z’uyu mwaka u Rwanda ruzakira inkingo miliyoni 3.5 za COVID-19 zo mu bwoko bwa Pfizer- BioNTech, ku buryo abaturarwanda bakingiwe bazakomeza kuba benshi.

Kuri uyu wa Kabiri u Rwanda rwakiriye inkingo 100.600 za Pfizer, binyuze muri gahunda mpuzamahanga igamije gukwirakwiza inkingo za COVID-19, COVAX.

Zaje zisanga izindi ibihumbi 247 za AstraZeneca zirimo 117.600 u Rwanda rwahawe n’u Bufaransa, bituma rutangira gutanga urukingo rwa kabiri ku bari barakingiwe na AstraZeneca.

Minisitiri Ngamije yavugiye kuri televiziyo y’igihugu ko abari barakingiwe hakoreshejwe urukingo rwa Pfizer bamaze kubona urwa kabiri, mu minsi mike izi nkingo nshya zikazatangira guhabwa atarabonye na rumwe.

Hazibandwa ku bantu bafite ibyago byo kwandura no kuzahazwa n’iyi ndwara barimo abafite indwara karande nk’umuvuduko w’amaraso, diyabete, indwara zo mu myanya y’ubuhumekero, kanseri n’izindi, cyangwa barengeje imyaka 65 y’amavuko.

Ati “Muri abo bantu tuvuze utarabona urwo rukingo turamusaba ko azajya ku kigo nderabuzima, akiyandikisha […] ubundi dutangire tubakingire mu minsi ya vuba cyane, ndakeka mu mpera z’iki cyumweru cyangwa kiriya cyumweru gitangira.”

Yavuze ko u Rwanda rwitegura kwakira izindi nkingo nyinshi za COVID-19, ku buryo imibare y’abakingiwe izarushaho kuzamuka.

Ati “Hari inkingo dutegereje mbere y’uko umwaka urangira, izindi tuzazibona mu mpera z’ukwezi kwa gatandatu nanone ni iza Pfizer, ku buryo kugeza mu mpera z’uyu mwaka mu kwezi kwa 12, twiteguye kwakira izindi nkingo miliyoni 3.5 za Pfizer.”

“Bivuze ko gahunda iri kujya ku murongo, mu minsi iri imbere tuzongera umubare w’abantu bazaba bakingiwe mu gihugu.”

Intego ni uko hakingirwa abaturarwanda 60%, ubuzima bukabasha gusubira ku murongo.

Kugeza ubu abanduye ku munsi barimo kujya munsi y’abantu 50 mu gihugu hose, mu gihe muri Mutarama bari muri 200.

Akarere ka Karongi ni kamwe mu tumaze iminsi tugaragaramo ubwandu bwinshi, ariko mu igenzura ryakozwe mu cyumweru gishize hagenda hapimwa abantu 100 muri buri murenge mu buryo bwo kubatomboza, byagaragaye ko muri Bwishyura hari hibasiwe cyane, imibare y’abanduye igeze munsi ya 5% y’abapimwe.

Dr Ngamije yakomeje ati “Muri iki cyumweru tuzafata ibindi bipimo kugira ngo tumenye niba bitavuye muri Bwishyura bijya ahandi mu mirenge bibangikanye.”

Kugeza ubu Karongi ho gusa mugihugu ingendo zisozwa saa moya z’ijoro, mu gihe ahandi ari saa yine z’ijoro

U Rwanda ruheruka kwakira inkingo zisaga ibihumbi 100 za Pfizer

.

TAGGED:COVID-19Dr Daniel NgamijefeaturedInkingoPfizer
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibintu 10 Bikomeye Ku Mavugurura y’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro
Next Article Ufunguye Utubari Ntiwabashobora Kugenzura Abanywi- Min Gatabazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?