Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rumaze Iminsi Rutanga Abagabo Ku Bushotoranyi Bwa DRC, Ikizakurikiraho ‘Bakitege’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rumaze Iminsi Rutanga Abagabo Ku Bushotoranyi Bwa DRC, Ikizakurikiraho ‘Bakitege’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 January 2023 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Leta y’u Rwanda yavuze ko imaze iminsi itanga abagabo k’ubushotoranyi bwa hato na hato bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.  Kubera iyo mpamvu, Guverinoma yatangaje ko umunsi yakoze igikorwa kiremereye mu kubungabunga umutekano w’u Rwanda, amahanga adakwiye kuzatangazwa nabyo.

Inshuro zimaze kuba eshatu indege z’intambara za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zivogera ikirere cy;u Rwanda ndetse iheruka u Rwanda rwarayirashe ‘ruyikomeretsa ho gato.’

Na mbere y’uko ziriya ndege ziza mu Rwanda, hari ibisasu byari bararashwe mu Rwanda inshuro eshatu mu Karere ka Musanze, ahitwa mu Kinigi.

Hari mu mwaka wa 2022.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Nyuma yabyo hari n’abasirikare babiri b’u Rwanda bashimuswe na DRC baza gufungurwa ari uko bisakuje.

Abo basirikare bari bari mu kazi ko gucunga umutekano ku mupaka ugabanya ibihugu byombi.

Uko buri gikorwa cyabaga, ni ko Guverinoma y’u Rwanda yacyamaganaga ikabimenyesha Umuryango mpuzamahanga.

Hari abasirikare ba DRC barasiwe ku butaka  bw’u Rwanda bamaze kubwinjiranamo intwaro bakarasa abantu barimo n’abapolisi nk’uko mu mwaka wa 2022 byabereye kuri Petite Barrière mu Karere ka Rubavu aho ibihugu byombi bigabanira.

Igitero giheruka ni icyabaye taliki 24, Mutarama, 2023 ubwo ingabo z’u Rwanda zarasaga ku ndege ya DRC yari yageze mu Rwanda mu kirere kiri hejuru y’Ikiyaga cya Kivu ku ruhande rw’u Rwanda.

- Advertisement -

Ni byiza gutanga abagabo…

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Me Alain Mukuralinda yabwiye Radio Rwanda ko muri ibyo byose byakorwaga na DRC, u Rwanda rwatangaga abagabo, gukabwira amahanga ko ibyo umuturanyi warwo ari gukora ari ‘ugushaka umwanduranyo.’

Icyakora yavuze ko aho bigeze u Rwanda ‘ruzereka DRC iri sura yarwo.’

Alain Mukuralinda yavuze ko ubutaha nirufata icyemezo cyo kuyihanura cyangwa ikindi, hatazagira uvuga ngo ntiyabwiwe ibiri kuba.

Mukuralinda aherutse kubwira Taarifa ko abantu bagombye kwibaza cyangwa kwitega ikizakurikiraho mu gihe kiri imbere niba DRC ikomeje kwendereza u Rwanda.

Abajijwe niba inzira y’ububanyi n’amahanga( diplomatie) yararangije kugera ku ndunduro k’uburyo igishobora kuzakurikiraho ari intambara, Mukuralinda yavuze ko atari ko biri.

Yemeza ko ibiganiro bigishoboka kandi ko bizakomeza muri ubwo buryo ahubwo ko ikibazo ari DRC idashaka kubyitabira.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr.Vincent Biruta aherutse kubwira Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda ko umwihariko wa Guverinoma ya DRC ari uko basinya amasezerano ariko ‘bagahita bayibagirwa.’

 

TAGGED:BirutafeaturedIndegeIntambaraMukuralindaUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bufaransa ‘Buri Hafi’ Gusubukura Gutunganya Gazi Ya Cabo Delgado
Next Article Rwamagana City FC Yakuye AS Kigali Ku Mwanya Wa Mbere Muri Shampiyona
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?