Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurakira Inama Mpuzamahanga Yiga Uko Ibiri Kuri Murandasi Biba Mu Ndimi Zose
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rurakira Inama Mpuzamahanga Yiga Uko Ibiri Kuri Murandasi Biba Mu Ndimi Zose

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 June 2024 7:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kigali: Guhera kuri uyu wa Mbere taliki 10, kuzageza taliki 14, Kamena, 2024 mu Rwanda harabera inama mpuzamahanga yitabiriwe n’abantu 1200 yiga uko murandasi yakoreshwa n’abatuye isi bose kandi mu ndimi zabo gakondo.

Ubusanzwe  murandasi ikoreshwa mu ndimi mpuzamahanga ariko cyane cyane Icyongereza kuko ubwa mbere ihangwa yahangiwe muri  Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Izaganirwamo icyakorwa kugira ngo abantu barenga 1/3 cy’abatuye isi batagerwaho nayo bayibone kandi mu ndimi bavuga kandi bakumva neza.

Ku byerekeye u Rwanda, abanyamahanga barusura barushima ko rufite murandasi imeze neza muri rusange n’ubwo yiganje mu Murwa mukuru, Kigali, kurusha ahandi.

Abahanga bemeza ko kimwe mu by’ingenzi umuntu w’iki gihe agomba kuba afite kugira ngo abeho mu buryo bugezweho ni uko agomba kuba afite murandasi.

Uretse kuba murandasi ari nke mu bice bitandukanye by’isi kubera ibikorwaremezo byayo bike, hari n’aho usanga abantu batirirwa bayishakisha kuko baba bumva ko amakuru ayiriho ari mu ndimi batumva.

Kugeza ubu indimi 26 nizo ziri kuri murandasi ku buryo abazikoresha babona amakuru bitabagoye.

Inama iri butangire muri Kigali yateguwe n’ikigo mpuzamahanga giharanira iterambere rya murandasi kuri bose kitwa ICANN.

Iritabirwa n’abashakashatsi mu ikoranabuhanga n’ishoramari, abafata ibyemezo bya politiki n’abandi bazaganira no ku mutekano mu ikoranabuhanga na murandasi idaheza kandi ihendutse.

Abayitabira bazabikora mu buryo bw’imbonankubone cyangwa babikorere kuri murandasi.

TAGGED:featuredInamaIndimiMurandasiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Bashakaga Kwiyamamariza Ubuperezida Hari Uwatangaga Frw 2000 Ngo Bamusinyire-Utumatwishima
Next Article DRC: MONUSCO Iri Kanyabayonga Mu Kurwanya M23
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?