Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurasaba Uburundi Kutagira Umunyarwanda Buhutaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2024 8:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko u Rwanda rutazirukana Umurundi uwo ari wese ahubwo ko rumuhumuriza rukamubwira ko afite kwishyira akizana, akaryama agasinzira. Icyakora asaba Uburundi kwirinda kuzagira Umunyarwanda buhutaza.

Abivuze nyuma y’uko Uburundi bwo bufunze umupaka wabwo n’u Rwanda, bugategeka Abanyarwanda bose bari ku butaka bwabwo gutaha.

Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse yaraye ashimangiye ko nta Munyarwanda bakeneye ku butaka bw’iki gihugu nk’uko ikinyamakuru SOS Medias Burundi cyabitangaje.

Yagize ati: “Imipaka yose irafunzwe. Ntabwo dukeneye Abanyarwanda ku butaka bw’Uburundi, ndetse n’abari bahari twabafashe tubirukana ku butaka bw’u Burundi.”

Ku ruhande rw’u Rwanda, Guverinoma ivuga ko nta Murundi uzagirirwa nabi, ndetse ngo n’ushaka kuza mu Rwanda avuye mu Burundi ahawe ikaze.

Icyakora u Rwanda rwasabye Uburundi kudahutaza Abanyarwanda bubashushubikanya ngo batahe iwabo.

Mukuralinda yabwiye RBA ati: “ Uburundi bukore k’uburyo nta Munyarwanda uhohoterwa, ngo agirirwe nabi. Bumugeze ku mupaka atahe amahoro adahohotewe.”

Hagati aho mu Burundi, bisa n’aho hari Politiki yo gusubiza abanyamahanga iwabo.

Bikubiye mubyo Minisitiri w’Umutekano mu Burundi, Martin Niteretse aherutse gutangaza ko ba Guverineri b’Intara zose bamuha raporo y’abanyamahanga batuye ku butaka bw’u Burundi.

Yavuze ko Abarundi bagomba gukurikirana bakamenya ‘umunyamahanga wese’ uri ku butaka bw’Uburundi kugira ngo hatagira ubugendaho batazi ‘ihabari yiye’, ni ukuvuga amakuru ye.

Abo yashyize mu majwi mu buryo butaziguye ni Abamasayi.

TAGGED:AbanyarwandaAbarundiBurundifeaturedMukuralindaNiteretse
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FERWACY Yasinye Amasezerano N’Ibigo Bizayifasha Gutegura Irushanwa Ry’Isi
Next Article Ingabo Z’u Rwanda Zeretse Iz’Amahanga Uko Igisoro Gikinwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?