Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rurashaka Kwihaza Ku Barimu Bazi ‘Neza’ Icyongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rurashaka Kwihaza Ku Barimu Bazi ‘Neza’ Icyongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 July 2023 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi, REB, kivuga ko u Rwanda rufite gahunda ndende yo kugira abarimu bazi neza Icyongereza bikazarugabanyiza kuzana abarimu nk’abo bavuye imahanga.

Nk’ubu hari abarenga 154 bakomoka muri Zimbabwe ruharutse kuzana ngo barufashe kwigisha uru rurimi mashuri yisumbuye.

Mbere y’abo hari abandi bavaga muri Uganda.

Ubuyobozi bwa REB buvuga ko hari gikorwa ibishoboka mu kuzamura ubumenyi abarimu bafite mu Cyongereza kugira ngo mu gihe kitarambiranye  u Rwanda ruzabe rufite abarimu b’Abanyarwanda bazi neza Icyongereza bitabaye ngombwa ko rubatumiza mu mahanga.

Dr. Nelson Mbarushimana uyobora REB avuga ko kugira ngo biriya bizagerweho, ikigo ayobora kirimo kunoza no kongera imfashanyigisho y’Icyongereza kigishwa abarimu hongerwamo uburyo bw’amajwi kugira ngo bibafashe kwigisha abana kumenya gutega amatwi Icyongereza.

Dr. Nelson Mbarushimana uyobora REB

Yavuze hari n’amarushanwa yatangiye gukoreshwa mu banyeshuri kugira ngo barusheho kumenya neza Icyongereza bakiri bato kandi bazakure bagikoraho ubushakashatsi.

Ku ikubitiro byatangiriye mu mashuri nderabarezi bita Teacher Training Centers( TTC).

Umuyobozi wa rimwe mu mashuri  nderabarezi, TTC Rubengera witwa Yvès Murihira yashimye ko ariya marushanwa y’ururimo rw’Icyongereza azajya aba buri mwaka kandi ko  ari ingenzi cyanehaba ku ruhande rw’abarimu no ku ruhande rw’abanyeshuri.

Icyongereza cyatangiye kuba ururimi Abanyarwanda bigamo mu mwaka wa 2009.

Icyakora kuva icyo gihe kugeza ubu(2023) hari abarimu bakuze bataramenya neza Icyongereza k’uburyo bagitangamo amasomo.

Biganjemo abakuze, bakuriye mu myigire yakoreshaga Ikinyarwanda ndetse n’Igifaransa.

Ku isi yose, Icyongereza kivugwa n’abantu miliyari 1,3.

Twabibutsa ko isi ituwe n’abantu miliyari 7,8.

TAGGED:AbarimufeaturedIcyongerezaIgifaransaRwandaUgandaZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuryango W’Abibumbye Wahembye Umugore Wa Perezida W’u Burundi
Next Article Nyanza: Abarimu Bakurikiranyweho Gukuriramo Inda Umukobwa W’Aho Bigisha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

Guverinoma Ya DRC Irashaka Kwisubiza Uvira Mu Buryo Bwuzuye

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?