Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwabonye Miliyari 15 Frw Zo Gusana Igice Cy’Umuhanda Muhanga – Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Rwabonye Miliyari 15 Frw Zo Gusana Igice Cy’Umuhanda Muhanga – Karongi

admin
Last updated: 14 July 2021 5:08 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye n’Ikigega cy’Iterambere cya Abu Dhabi amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni $15 – ni hafi miliyari 15 Frw – azakoreshwa mu gusana umuhanda Rambura – Nyange. Ni igice cy’umushinga munini wo kuvugurura umuhanda Rubengera – Muhanga.

Uyu muhanda uhuza Akarere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo na Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba umaze igihe warangiritse, ku buryo abashoferi binubira ko kuwukoresha byangiza ibinyabiziga kubera ibinogo biwurimo.

Leta yaherukaga guha amasezerano ikigo Horizon Construction, yo gusiba ibinogo mu buryo buhoraho.

Biteganywa ko gusana igice Rambura – Nyange kireshya na kilometero 22 no gusoza umuhanda Rubengera – Muhanga wose ureshya na kilometero 61.15, bizoroshya ubucuruzi binyuze mu kwihutisha ubwikorezi bw’ibicuruzwa n’ingendo z’abantu.

Amasezerano y’iyi nguzanyo y’igihe kirekire yashyizweho umukono na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Emmanuel Hategeka, n’Umuyobozi wa Abu Dhabi Fund for Development, Mohammed Saif Al Suwaidi.

Amb Hategeka yavuze ko kunoza ibikorwaremezo by’ubwikorezi byari mu ntego z’icyekerezo 2020, kandi bizakomeza kuza imbere mu cyerekezo 2050.

Ati “Kongerera imbaraga uburyo buhuza ibyaro byacu n’imijyi bitanga umusanzu mu nzego nyinshi z’ubukungu bw’igihugu n’iterambere ry’imibereho y’abaturage, guhera ku bigo bito n’ibiciriritse, ubucuruzi, ingendo n’ubukerarigendo, kugeza ku kwihaza mu biribwa.”

Yongeyeho ko iyi nguzanyo igaragaza umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi, kandi u Rwanda rushima inkunga ya ADFD mu rugendo rw’iterambere rwarwo.

Mohammed Saif Al Suwaidi we yavuze ko uretse kuba iyi nguzanyo izafasha byinshi mu Rwanda, izatanga umusanzu mu kwagura amahirwe y’ubucuruzi n’ibihugu by’akarere.

Biteganywa ko uretse gusanwa, umuhanda uzagurwa ukava kuri metero 6 z’ubugari ukagera kuri metero 7.5, kandi hakubakwa imiyoboro y’amazi.

Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere Ubwikorezi, RTDA, giheruka gutangaza isoko ryo gukora uyu mushinga uzamara amezi 18. Amabaruwa y’abahatanira kubaka uwo muhanda azafungurwa ku wa 13 Nzeri 2021.

Minisiteri y’Ibikorwa remezo iheruka gutangaza ko mu gusana uriya muhanda Muhanga – Karongi, igice gihuza Karongi –Rubengera (17 Km) cyarangiye. Igice cy’umuhanda Muhanga-Nyange kigeze ku gipimo cya 65% mu gihe Rubengera-Rambura kizarangira muri uku kwezi.

Uyu ni umushinga wa kabiri ADFD iteyemo inkunga mu Rwanda guhera ubwo umubano w’u Rwanda na UAE watangiraga mu 1981.

Undi wari uwa miliyoni $14 zubatswemo Ikibuga cy’Indege cya Kigali.

 

TAGGED:ADFDAmb. Emmanuel HategekafeaturedKarongiMohammed Saif Al SuwaidiMuhangaRTDA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 24 Barimo Abanduye COVID-19 Bafatiwe Muri ‘Bridal Shower’
Next Article Abakundana Bongerewe Amahirwe Yo Gukorerwa Ubukwe Bw’Igitangaza Muri Kigali Arena
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?