Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwoherereje Palestine Imfashanyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwoherereje Palestine Imfashanyo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2023 3:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yahorereje  abaturage ba Palestine bahunze Gaza inkunga igizwe n’ibiribwa, imiti n’amazi. Ni inkunga yo kubagoboka mu bibazo barimo nyuma yo guhunga ibitero by’indege za Israel ziri kwihimura kuri Hamas.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi rivuga ko impunzi zo muri Palestine zahunze Gaza zirenga miliyoni mu gihe kigiye kurenga ibyumweru bibiri.

Indege y’u Rwanda itwara imizigo ya Rwandair Cargo niyo yajyanye iriya mfashanyo iyigusha ku kibuga cy’indege cy’ubwami bwa Jordania.

Yakiriwe n’abakozi b’Ikigo cy’abagiraneza bo muri ubu bwami kitwa Jordanian Hashemite Charitable Organization (JHCO).

Kuri X, ubuyobozi bw’uyu Muryango bwanditse buti: “ Twakiriye inkunga y’abagiraneza bo mu Rwanda igenewe abaturage bahunze Gaza. Igizwe n’amata n’ibindi biribwa.”

Ibyo biribwa cyangwa ibinyobwa bigizwe na toni 10 z’ifu ivanze y’ibinyampeke ya Nootri, ikaba igizwe na soya, ingano n’ifu y’amata.

NOOTRI ni ifu ikorwa n’uruganda nyarwanda rukora ibiribwa cyangwa ibinyobwa bikize ku ntungamubiri zitandukanye.

Nyuma y’ibitero umusubizo Israel yagabye kuri Gaza, ubu iki gice cy’isi nta mazi gifite, nta biribwa n’imiti ni mike cyane.

Abana n’abagore cyane cyane abatwite nibo bahuye n’akaga kurusha abandi, bakaba bagomba gutabarwa uko bishoboka kose.

Hagati aho amakuru Taarifa ifite avuga ko mu minsi mike iri imbere, Perezida Kagame azasura ubwami bwa Arabie Saoudite kugira ngo aganire n’ibihugu by’Abarabu ku bibazo biri ku isi harimo n’intambara hagati ya Israel na Hamas.

Icyo gihe kandi azaba yitabiriye Inama Mpuzamahanga yitwa Future Investment Initiative Business Conference izaba ibaye ku nshuro ya karindwi.

Izaba hagati y’italiki ya 24 n’italiki ya 25, Ukuboza, 2023.

Ubwo indege yari igeze ku kibuga cy’indege cya Amman
U Rwanda rwahaye Palestine ifu ikize ku byubaka umubiri
Rwabahaye toni 10 z’ibiribwa n’amata yo kwita ku bana n’abagore batwite
TAGGED:AbagoreAbanaAmatafeaturedIbiribwaImfashanyoKagamePalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Hatangijwe Urubuga Rw’Ikoranabuhanga Rwo Guha Abana Uburere
Next Article Tubanye Neza N’u Rwanda Kandi Bizakomeza- Amb Wa Koreya Y’Epfo Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Putin Yasabwe Kujya Mu Nama Y’Amahoro Yashyizweho Na Trump

FERWAFA Yamaganye Abafana Ba APR FC 

Abasenateri Barashaka Kumenya Uko Ubworozi Bw’u Rwanda Bubungabunzwe

Gari Ya Moshi Zagonganye Hapfa Abantu 21

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoUbubanyi n'Amahanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi Rusange

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?