Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwongereye Ubufatanye Na BAL Mu Yindi Myaka Itanu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

U Rwanda Rwongereye Ubufatanye Na BAL Mu Yindi Myaka Itanu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2023 11:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere Clare Akamanzi yashimye ko imikoranire y’u Rwanda n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Afurika, BAL, yongerewe igihe cy’imyaka itanu.

Yavuze ko mu myaka ibiri ibanza y’ubu bufatanye u Rwanda rwari rumaze rwakira imikino ya nyuma ya BAL, rwungutse miliyoni $9.

Clare Akamanzi avuga ko imikoranire izakomeza kuba myiza

Amasezerano yo kongera ubufatanye hagati y’u Rwanda na BAL azatuma rwakira imikino yo gushaka itike y’imikino ya nyuma mu mwaka wa 2025 n’uwa  2027 kandi rukazakira imikino ya nyuma muri 2024, 2026 na 2028.

Igikorwa cyo kuvugurura aya masezerano kitabiriwe n’Umuyobozi wa RDB; Clare Akamanzi, Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju, Perezida wa BAL Amadou Gallo Fall, Umuyobozi wa Rwandair Yvonne Makolo n’abandi.

Muri aya masezerano, harimo ko Visit Rwanda izakomeza kuba intero mu rwego rwo kumenyekanisha u Rwanda imahanga no kureshya ba mukerarugendo.

Abakinnyi bose bazajya baba bambaye imyenda iriho Visit Rwanda, Rwandair nayo izakomeza kuba ikigo cy’ifatizo mu gutwara abakinnyi cyangwa abandi bazitabira iriya mikino.

BAL and @RDBrwanda just announced a multi-year extension of their existing collaboration that will see the BAL continue to play games at @bkarenarw in Kigali, including the BAL Playoffs and Finals in 2024, 2026 and 2028. @FlyRwandAir – Rwanda’s national airline – will continue… pic.twitter.com/xXxDYijUbG

— Basketball Africa League (@theBAL) June 19, 2023

Perezida wa BAL witwa Amadou Gallo Fall ashima imikoranire hagati y’ikigo cye na RDB mu gihe bamaze bakorana kandi akemeza ko bizarushaho kuba byiza mu gihe kiri imbere.

Perezida wa BAL witwa Amadou Gallo Fall

Clare Akamanzi nawe avuga ko Guverinoma y’u Rwanda ibicishije muri RDB ishimishijwe no gukomeza gukorana na BAL mu myaka itanu iri imbere.

Avuga ko iyo mikoranire izatuma ubukerarugendo burushaho kuzamuka, bigateza imbere siporo kandi bigaha abashoramari amahirwe yo kubona ahandi bashora bakunguka.

N’ubwo mu rwego rw’ubukerarugendo n’ishoramari, imikoranire y’u Rwanda na BAL ari ingirakamaro, abakunzi ba Siporo ntibaranyurwa n’urwego amakipe ahagararira u Rwanda agarukiraho mu mikino ya BAL.

Nk’ubu mu mikino ya BAL iherutse kubera muri BK Arena, ikipe yari ihagarariye u Rwanda ari yo REG BBC yatsinzwe n’iyo muri Cameroun yitwa FAP ku manota  66 kuri 63.

Icyo gihe na Perezida Paul Kagame yari yaje kureba uyu mukino.

Basketball Africa League : Icyizere REG BBC Yari Yahaye Abanyarwanda Cyaraje Amasinde

TAGGED:AkamanziBasketfeaturedImikinoKagameRDBRwandaVisit
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyo Sosiyete Sivile Ivuga Ku Bwicanyi Buri Mu Muryango Nyarwanda
Next Article Rwanda: Ibihingwa Ngandurarugo Bikomeje Kurumba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?