Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ububi Bwo ‘Kurya Kenshi’ Inyama Zitukura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Ububi Bwo ‘Kurya Kenshi’ Inyama Zitukura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 April 2021 8:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo byari bisanzwe bizwi ko kurya inyama nyinshi byongera ibinure mu mitsi bigatuma amaraso adatembera neza, ubushakashatsi bwerekanye ko ubukana bw’iki kibazo burenze ubwo abantu basanzwe bazi.

Ni ubushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru Science Daily bwakozwe n’abahanga bo muri Kaminuza yitwa Queen Mary University  y’i Londres.

Bwatangarijwe mu nama ihuza abahanga mu ndwara z’imitsi n’umutima bo mu Burayi yiswe European Society of Cardiology, 2021 (ESC).

Umwe mu bahanga babuyoboye witwa Dr. Zahra Raisi- Estabragh avuga ko kugira ngo babone ubukana bwo kurya inyama zitukura ku mikorere y’umutima byabaye ngombwa ko basuzuma indyo y’abantu 19 408 kandi bagenzura uko imitsi y’umutima wa bariya bantu yakomeje gukora nyuma y’aho.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Baje kubona ko uko umuntu arya inyama zitukura kenshi, ari nako imitsi y’umutima we igenda icika intege bitewe n’uko proteins ziba mu nyama zica intege imitsi yo mu mutima imbere, iyi ikaba ari imitsi ishinzwe gusunika amaraso iyavana mu cyumba kimwe cy’umutima iyajyana mu kindi.

Ibi byumba byo mu mutima babyita ‘ventricles.’

Ikindi abakoze buriya bushakashatsi babonye ni uko ibibazo by’umutima atari bimwe ku bantu bitewe n’imyaka bafite, igitsina cyabo, amashuri bize, abanywa n’abatanywa  inzoga n’itabi, abakora n’abadakora imyitozo ngororamubiri, abarwaye cyangwa abatarwaye diabetes, ubunini by’umubiri ugereranyije n’indeshyo n’ibindi.

Amafoto yafashwe n’ibyuma byabigenewe yerekanye ko umutima w’abantu barya inyama cyane usaza vuba, haba mu gutakaza imbaraga zo gusunika amaraso haba no mu gutakaza ubunini bw’inyama zigize umutima nyirizina( heart texture).

Ariya mafoto ku rundi ruhande yerekanye ko umutima w’abantu bakunda kurya amafi uba umeze neza, udafite ibinure kandi utera neza.

- Advertisement -

Imijyana cyangwa imigarura y’abantu bakunda kurya amafi iba ikora neza, amaraso atembera nta nkomyi.

Dr. Raisi-Estabragh  twigeze kuvuga haruguru, avuga ko mu by’ukuri kurya inyama kenshi ari ikibazo kuko n’ubwo ziryoha, ariko zikururira abantu kabitindi.

Muri iyi nama niho hatangarijwe ibya buriya bushakashatsi

Avuga ko kabutindi yazo irushaho kuba ikibazo ku bantu bafite hejuru y’imyaka 45 y’amavuko, baba mu bihugu bikize.

Kuba mu bihugu bikize akenshi bigendana no kugira ubuzima butuma abantu barya inyama nyinshi, banywa inzoga, itabi n’ibindi birimo isukari nyinshi, ntibakore imyitozo ngororamubiri kandi iri mu bifasha abantu kwirinda cyangwa kugabanya ubukana bw’indwara.

Kubera impamvu zitanzwe haruguru kandi zishingiye ku bushakashatsi, abantu bagirwa inama yo kutarya inyama zitukura kenshi ariko bakarya amafi kuko nta kibazo atera kugeza ubu.

Amafi ni meza ku buzima bw’uyakunda

TAGGED:AbashakashatsifeaturedImitsiInyamaKaminuzaUmutima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugore Wa Magufuli Ararembye
Next Article Pasiteri Yafatanywe N’Abantu 62 Barimo Gusengera Mu Buvumo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?