Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufaransa: Abaturage Bariye Karungu Kubera Umupolisi Wishe Umwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubufaransa: Abaturage Bariye Karungu Kubera Umupolisi Wishe Umwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2023 5:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage b’i Paris n’ahandi mu Bufaransa barakajwe n’umupolisi warashe ingimbi arayica. Nyuma y’uko bibaye, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ibyakozwe ari ibintu bidakwiye ‘kubabarirwa’.

Umwana warashwe yari afite imyaka 17 y’amavuko.

AFP yanditse ko Polisi y’Ubufaransa yamaze kwegeranya abapolisi 2,000 bo kohereza hirya no hino mu gihugu gukoma imbere abigaragambya kuko umujinya ari mwinshi mu baturage.

Bivugwa ko uriya mupolisi yarashe mu gituza uriya musore wari utwaye imodoka, hanyuma abeshya icyabimuteye.

Nyuma y’uko amurashe bikagaragara mu mashusho, abanyapolitiki n’ibyamamare barabyamagaye, biba bibaye gukoza agati mu ntozi.

Umwana warashwe yitwa Nael M.

Abapolisi baramurashe arapfa, imodoka igonga ipoto

Umupolisi yisobanuye avuga ko yarashe uriya mwana kubera ko undi yaje ashaka kumugonga.

Icyakora video yaje gusuzumwa neza n’abanyamakuru ba AFP basanze ibyo umupolisi avuga bihabanye n’uko bigaragara muri iyo video.

Video igaragaza abapolisi babiri bagaze iruhande rw’imodoka uwo musore yari yicamo umwe amutunga imbunda, humvikana umuntu abwira uwo mwana ko agiye gukubitwa isasu mu gahanga.

Umwana ngo yahise yatsa imodoka ahunga, ariko imodoka irenga umuhanda umwana arapfa.

Nta gihe kinini amashusho aba arasakaye, maze abaturage barahaguruka batangira gutwika amapine y’imodoka.

Kugeza ubu imodoka 40 zamaze gutwikwa, abapolisi 24 barakomereka mu gihe abandi bantu 31 batawe muri yombi.

Ni ikibazo giherutse no kuvugwaho mu Nama y’Abaminisitiri yari yatumijwe na Perezida Emmanuel Macron ndetse na Minisitiri w’Intebe Elisabeth Borne.

TAGGED:AbapolisiAmasasuBufaransaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Pasiteri ‘Inzahuke’ Yasezeweho
Next Article Rutsiro Yahawe Umuyobozi Wari Usanzwe Muri MINALOC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Benshi Batanga Ruswa Ngo Ibintu Byabo Byihute- Transparency Rwanda

Burundi: Ubukene Butuma Abangavu Bata Ishuri Kubera Isuku Nke Mu Gihe Cy’Imihango

Abanyarwanda Baba Mu Burayi Bibukijwe Gukomeza Gukorana Na BK

Gakenke: Polisi Na RDF Bateye Ibiti 2000 Bivangwa N’Imyaka

Alexis Dusabe Azakoresha Igitaramo Azashimiramo Imana Aho Imugejeje

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

PM Nsengiyumva Ashima Ko Ubukucuzi Bw’Amabuye Y’Agaciro Bwahaye Akazi Abantu 92,000

You Might Also Like

Mu mahanga

Putin Arahura N’Umujyanama Wa Trump Bongere Kuganira Kuri Ukraine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: 500 Bishwe N’Imyuzure, Abarokotse Kubona Icyo Kurya Ni Ingorabahizi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Inganda Z’Intwaro Zungutse 5.9% Kubera Intambara Ya Ukraine N’Iya Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?