Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufaransa: Abaturage Bariye Karungu Kubera Umupolisi Wishe Umwana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ubufaransa: Abaturage Bariye Karungu Kubera Umupolisi Wishe Umwana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 June 2023 5:23 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage b’i Paris n’ahandi mu Bufaransa barakajwe n’umupolisi warashe ingimbi arayica. Nyuma y’uko bibaye, Perezida Emmanuel Macron yavuze ko ibyakozwe ari ibintu bidakwiye ‘kubabarirwa’.

Umwana warashwe yari afite imyaka 17 y’amavuko.

AFP yanditse ko Polisi y’Ubufaransa yamaze kwegeranya abapolisi 2,000 bo kohereza hirya no hino mu gihugu gukoma imbere abigaragambya kuko umujinya ari mwinshi mu baturage.

Bivugwa ko uriya mupolisi yarashe mu gituza uriya musore wari utwaye imodoka, hanyuma abeshya icyabimuteye.

Nyuma y’uko amurashe bikagaragara mu mashusho, abanyapolitiki n’ibyamamare barabyamagaye, biba bibaye gukoza agati mu ntozi.

Umwana warashwe yitwa Nael M.

Abapolisi baramurashe arapfa, imodoka igonga ipoto

Umupolisi yisobanuye avuga ko yarashe uriya mwana kubera ko undi yaje ashaka kumugonga.

Icyakora video yaje gusuzumwa neza n’abanyamakuru ba AFP basanze ibyo umupolisi avuga bihabanye n’uko bigaragara muri iyo video.

Video igaragaza abapolisi babiri bagaze iruhande rw’imodoka uwo musore yari yicamo umwe amutunga imbunda, humvikana umuntu abwira uwo mwana ko agiye gukubitwa isasu mu gahanga.

Umwana ngo yahise yatsa imodoka ahunga, ariko imodoka irenga umuhanda umwana arapfa.

Nta gihe kinini amashusho aba arasakaye, maze abaturage barahaguruka batangira gutwika amapine y’imodoka.

Kugeza ubu imodoka 40 zamaze gutwikwa, abapolisi 24 barakomereka mu gihe abandi bantu 31 batawe muri yombi.

Ni ikibazo giherutse no kuvugwaho mu Nama y’Abaminisitiri yari yatumijwe na Perezida Emmanuel Macron ndetse na Minisitiri w’Intebe Elisabeth Borne.

TAGGED:AbapolisiAmasasuBufaransaUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyarugenge: Pasiteri ‘Inzahuke’ Yasezeweho
Next Article Rutsiro Yahawe Umuyobozi Wari Usanzwe Muri MINALOC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?