Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubufatanye Hagati Y’u Rwanda Na Singapore Bwageze No Mu Butabera
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Ubufatanye Hagati Y’u Rwanda Na Singapore Bwageze No Mu Butabera

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 March 2022 6:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda Dr Faustin Nzezilyayo na mugenzi we wa Singapore Sundaresh Menon baraye basinye amasezerano y’ubufatanye mu butabera. Ni indi ntambwe y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Singapore nyuma y’ubusanzwe buhari mu nzego zirimo uburezi, ikoranabuhanga n’ibindi.

Amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibi bihugu mu by’ubutabera yarushijeho gushimangirwa kuri uyu wa Mbere taliki 14, Werurwe, 2022 kuko hari hasanzwe andi yasinywe muri Mata, 2021 mu Cyongereza yiswe Memorandum of Understanding for Judicial Cooperation and the Memorandum of Guidance as to the Enforcement of Money Judgments.

Itangazo ryaturutse mu Biro by’Umuvugizi w’Inkiko z’u Rwanda wiwa Harrison Mutabazi rivuga ko Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda Dr Faustin Ntezilyayo yishimiye ko ibyemeranyijweho mu bufatanye mu by’ubutabera mu mwaka ushize( 2021) byagezwe ho ku kigero gishimishije kandi ko bitanga icyizere ko n’ibindi bizakorwa nk’uko byemeranyijwe.

Muri ibyo harimo amahugurwa ku mpande zombi agamije kongerera abacamanza n’abakora muri uru rwego ubumenyi bacyeneye kugira ngo banoze akazi kabo.

Mu kazi kabo harimo gutanga ubutabera ku byaha bitandukanye birimo ibifite aho bihuriye n’ubukungu n’imari n’ibyaha byambukiranya imipaka.

Ba Perezida b’Urukiko rw’Ikirenga ku mpande zombi baraye baganiriye ku mikoranire

Uwo muri Singapore we witwa  Menon avuga ko igihugu cye gisanganywe imikoranire myiza n’u Rwanda kandi ko izakomeza .

Ngo n’ubwo ibi bihugu byombi ari bito, ariko bifite imikoranire ihebuje mu nzego nyinshi harimo no gutanga ubutabera bunoze.

Dr. Ntezilyayo Faustin uyobora Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda avuga ko u Rwanda rwashyizeho Komite ngenzuzi na Komite Nshingwabikorwa zifite inshingano yo kureba uko amasezerano hagati y’ibihugu byombi mu rwego rw’ubutabera u Rwanda ruyashyira mu bikorwa.

TAGGED:featuredNtezilyayoRwandaSingaporeUbutaberaUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahanzi, Abanyabukorikori… Bagiye Guhugurwa Uko Babikorana Ikoranabuhanga
Next Article Gen Kainerugaba Muhoozi Yongeye Guhura Na Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

You Might Also Like

Ubukungu

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?