Mu Rwanda
Ubufatanye Mu Bya Gisirikare Bw’u Rwanda Na DRC Burakomeje

Byagaragariye mu rugendo abayobozi bakuru mu bya gisirikare n’ubutasi baraye batangiriye gukorera mu Rwanda baganira uko buriya bufatanye bwakomeza.
Impande zombi zaganiriye uko ibihugu byombi byakomereza ubufatanye bugamije kurimbura burundu imitwe yitwara gisirikare.
Nta gihe kinini gishize itsinda ryari riyobowe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda DR Vincent Biruta ryarimo Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen Jean Bosco Kazura n’umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rushnzwe iperereza NISS, Major General Joseph Nzabamwita.
Ntibisanzwe ko abasirikare bakuru b’ikindi gihugu basurana. Biba ari uko hari imigambi bahuriyeho ifitiye akamaro ibihugu byombi.
Ibi bishoboka ari uko ibihugu byombi bifitanye ubufatanye mu by’umutekano kandi ku nyungu zabyo byombi.
Mu rwego rw’umutekano, iyo umuturanyi wawe afite umutekano muke burya nawe ruba ‘ruriye abandi rutakwibagiwe.’
Iyi niyo mpamvu ibihugu bituranye biba bigomba gufatanya kugira ngo ahari umutekano muke ugarurwe.
Ubufatanye bw’ingabo za DRC n’u Rwanda bwagirira akamaro abatuye ibihugu byombi kuko bihana imbibi kandi ubu bufatanye si ubwa none.
-
Mu mahanga2 days ago
Umunyapolitiki Ukomeye Ruswa Y’Igitsina Imukozeho
-
Mu Rwanda3 days ago
Urukiko Rw’Ikirenga Rwimutse, Ubushinjacyaha Nibwo Butahiwe
-
Mu Rwanda2 days ago
RCS Ivuga Ko Imfungwa ‘Yanze Kumvira’ Umucungagereza Iraraswa
-
Mu Rwanda2 days ago
Umunyarwandakazi Yapfiriye I Dubai
-
Politiki3 days ago
Kuki U Rwanda Rwafashe Rusesabagina Induru Zikavuga?
-
Icyorezo COVID-191 day ago
U Rwanda Rugiye Kwakira Inkingo Za COVID-19, Gukingira Ni Ku Wa Gatanu
-
Mu mahanga1 day ago
Perezida Ndayishimiye Yigishije Abaturage Guhinga Kijyambere
-
Mu mahanga24 hours ago
Mu Burundi Hadutse ‘Indwara Idasanzwe’