Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bwacu Buzakomeza Kuba Bwiza-Guverineri Rwangobwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ubukungu Bwacu Buzakomeza Kuba Bwiza-Guverineri Rwangobwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2025 5:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Guverineri Rwangombwa John avuga ko ibiciro bizakomeza kugabanuka
SHARE

John Rwangombwa uyobora Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko uko ibintu bihagaze mu bukungu bwú Rwanda byerekana ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuba bwiza mu mwaka wa 2024/2025.

Ndetse ngo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 9.2% mu bihembwe byose by’umwaka w’imari wa 2024 byose ubirebeye hamwe.

Kwihagararaho k’ubukungu bw’u Rwanda kwatewe ahanini n’uko inzego zabwo zirimo ubwubatsi, serivisi, inganda n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zakomeje kwitwara neza ntizajegajega muri icyo gihe cyose.

Rwangombwa yabwiye itangamakuru ko hari icyizere gifatika cy’uko ubukungu b’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ndetse bikarenga uko byari biteganyijwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yagize ati: “ Turateganya ko uyu muvuduko uzawukomeza kandi ukazarenga 8.3% twateganyaga mu mwaka wa 2024”.

Ibibazo by’ubukungu biri hirya no hino ku isi byatumye ubukungu ahenshi ku isi budindira.

Mu myaka igera kuri ine ishize, isi yahungabanyijwe na COVID19, ihungabanywa n’íntambara ya Ukraine n’Uburusiya, hazamo iya Israel na Hamas byose biza byiyongera ku ngaruka zikomeye zikomoka ku mihindaguriire y’ikirere.

Kugira ngo u Rwanda ruhangane ni ibyo byose, byarusabye guhanga udushya mu micungire y’imari yarwo, mu kuvugurura ubuhinzi, ubukerarugendo, imisorere, ukwizigama no mu gushora imari ahantu hitondewe.

Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko indi ngingo ikomeye yafashije ubukungu bw’igihugu ari ugukora ku buryo agaciro k’ifaranga kadatakara cyane.

- Advertisement -

Ikintu gikunze gutuma ifaranga iryo ari ryo ryose rita agaciro ni uguhenda kw’ídolari rya Amerika.

Kubera ko u Rwanda rutumiza byinshi mu mahanga birusaba ko rusohora amadolari menshi kurusha ayo rwinijiza binyuze muri bike rwohereza yo.

Icyakora abayobozi ba BNR bavuga ko umusaruro w’imbere mu gihugu uzamuka gahoro gahoro bikagatuma itakara ry’agaciro k’amafaranga y’u Rwanda rigabanuka mu rugero runaka.

Urugero ni uko mu gihe gito gishize, ako gaciro kari karatakaye kuri 5.2% ubu kakaba kari kuri 4.1%.

TAGGED:featuredGuverineriImariRwangombwaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubumenyi Ni Isoko Yo Kurandura Imirire Mibi Mu Muryango Nyarwanda
Next Article Kagame Yabwiye Afurika Ko DRC Ikomeje Kwihunza Ibibazo Byayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?