Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubukungu Bwacu Buzakomeza Kuba Bwiza-Guverineri Rwangobwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Ubukungu Bwacu Buzakomeza Kuba Bwiza-Guverineri Rwangobwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2025 5:12 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Guverineri Rwangombwa John avuga ko ibiciro bizakomeza kugabanuka
SHARE

John Rwangombwa uyobora Banki nkuru y’u Rwanda avuga ko uko ibintu bihagaze mu bukungu bwú Rwanda byerekana ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuba bwiza mu mwaka wa 2024/2025.

Ndetse ngo ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 9.2% mu bihembwe byose by’umwaka w’imari wa 2024 byose ubirebeye hamwe.

Kwihagararaho k’ubukungu bw’u Rwanda kwatewe ahanini n’uko inzego zabwo zirimo ubwubatsi, serivisi, inganda n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro zakomeje kwitwara neza ntizajegajega muri icyo gihe cyose.

Rwangombwa yabwiye itangamakuru ko hari icyizere gifatika cy’uko ubukungu b’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ndetse bikarenga uko byari biteganyijwe.

Yagize ati: “ Turateganya ko uyu muvuduko uzawukomeza kandi ukazarenga 8.3% twateganyaga mu mwaka wa 2024”.

Ibibazo by’ubukungu biri hirya no hino ku isi byatumye ubukungu ahenshi ku isi budindira.

Mu myaka igera kuri ine ishize, isi yahungabanyijwe na COVID19, ihungabanywa n’íntambara ya Ukraine n’Uburusiya, hazamo iya Israel na Hamas byose biza byiyongera ku ngaruka zikomeye zikomoka ku mihindaguriire y’ikirere.

Kugira ngo u Rwanda ruhangane ni ibyo byose, byarusabye guhanga udushya mu micungire y’imari yarwo, mu kuvugurura ubuhinzi, ubukerarugendo, imisorere, ukwizigama no mu gushora imari ahantu hitondewe.

Banki nkuru y’u Rwanda ivuga ko indi ngingo ikomeye yafashije ubukungu bw’igihugu ari ugukora ku buryo agaciro k’ifaranga kadatakara cyane.

Ikintu gikunze gutuma ifaranga iryo ari ryo ryose rita agaciro ni uguhenda kw’ídolari rya Amerika.

Kubera ko u Rwanda rutumiza byinshi mu mahanga birusaba ko rusohora amadolari menshi kurusha ayo rwinijiza binyuze muri bike rwohereza yo.

Icyakora abayobozi ba BNR bavuga ko umusaruro w’imbere mu gihugu uzamuka gahoro gahoro bikagatuma itakara ry’agaciro k’amafaranga y’u Rwanda rigabanuka mu rugero runaka.

Urugero ni uko mu gihe gito gishize, ako gaciro kari karatakaye kuri 5.2% ubu kakaba kari kuri 4.1%.

TAGGED:featuredGuverineriImariRwangombwaUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubumenyi Ni Isoko Yo Kurandura Imirire Mibi Mu Muryango Nyarwanda
Next Article Kagame Yabwiye Afurika Ko DRC Ikomeje Kwihunza Ibibazo Byayo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?