Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubumwe Bw’Abanyarwanda Si Amayeri Ya Leta Nk’Uko Hari Ababibeshya- Min Dr Bizimana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubumwe Bw’Abanyarwanda Si Amayeri Ya Leta Nk’Uko Hari Ababibeshya- Min Dr Bizimana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2021 6:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri wa Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu Dr Jean Damascène Bizimana yabwiye abagenzacyaha 259 bari bitabiriye Inama rusange ya kabiri y’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha yavuze ko ubumwe bw’Abanyarwanda bwahozeho kandi n’ubu buriho.

Yavuze ko n’ubwo Abanyarwanda bataburaga amakimbirane kuko asanzwe hagati y’abantu ariko ngo ntabwo Abahutu cyangwa Abatutsi cyangwa Abatwa bahagurukaga ko barwanye abandi.

Bizimana yavuze ko Ababiligi bifashishije abacamanza ngo bacemo Abanyarwanda ibice.

Mbere y’ubukoloni ubucamanza bwahoze ho mu Banyarwanda kuko amakimbirane mbonezamubano yacyemurwaga n’Umukuru w’umuryango.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Niwe wacaga imanza zirebana n’ibibazo mboneza mubano akabikora afatanyije n’inyangamugayo zemejwe zityo ko ari zo.

Iyo ibintu byarengaga urwego rw’umuryango, byarazamukaga bigakemurwa bitewe n’urwego rwabaga rubishinzwe.

Iyo byageraga ku rwego rw’igihugu,  umwami niwe wari umucamanza mukuru kandi icyemezo cye cyari ntakuka.

Abagenzacyaha baje bahagaruriye abandi mu gihugu

Aho Ababiligi  baziye mu Rwanda rero bashyizeho inkiko zicira abakoloni imanza n’izicira imanza Abanyarwanda.

Igitangaje kandi kibabaje ngo ni uko mu Nkiko zaburanishaga Abazungu nta Munyarwanda wahakandagiraga ariko mu Nkiko zaburanishaga Abanyarwanda ukahasanga Abazungu.

- Advertisement -

Ati: “ Ibi birerekana uko ubucamanza bwabo bwavanguraga.”

Hari ku ikubitiro ariko kuko ngo nyuma baje kugabanya ububasha bw’umwami, babanza kumwambura ububasha bwo gutanga igihano cy’urupfu.

Mu kiganiro cye, Minisitiri Dr Jean Damascène Bizimana yanenze abavuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari amayeri ya Leta akavuga ko ababivuga banyomozwa n’ibyanditswe n’abahanga mu mateka y’u Rwanda ba kera barimo Pagès n’abandi.

Mu rwego rwo kwerekana ko muri iki gihe ubumwe buhari, Dr Bizimana yavuze ko FPR-Inkotanyi yatangiye umugambi w’ubumwe bw’Abanyarwanda igishingwa mu mwaka wa 1987.

Avuga ko kimwe mu byerekanye ko FPR Inkotanyi yashakaga ubumwe bw’Abanyarwanda ari uguhuza ingabo zari zatsinze urugamba rwo kubohora u Rwanda n’izari zatsinzwe.

Ikindi Dr  Bizimana wahoze ari Perezida wa Komisiyo yo kurwanya Jenoside yavuze ko cyerekana ko Inkotanyi zashakaga kandi n’ubu zishaka ubumwe ari uko zakuyeho ikarita ndangamuntu.

Umunyamabanga mukuru wa RIB Col Jeannot Ruhunga n’umunyamabanga mukuru wungirije Madamu Isabelle Kalihangabo

Itegeko nshinga rigenga u Rwanda naryo ngo ni indi ngingo yerekana ko u Rwanda ari rumwe kuko ngo ibirikubiyemo byaturutse mu bitekerezo by’Abanyarwanda.

Iriya nama yahuje abagenzacyaha 259 bari bitabiriye Inama rusange ya kabiri y’Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha bakaba bari bahagarariye abandi mu gihugu.

TAGGED:AbanyarwandaBizimanafeaturedMinisitiriUbumwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abantu 38 Bahiriye Muri Gereza Ya Gitega Mu Burundi Barapfa
Next Article Perezida Kagame Yahagaritse Dr Nsanzimana Wayoboraga RBC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Muganga Yaremeye Ikipe Y’Igihugu Y’Abangavu

Uganda: Abaturage Bagiye Guhabwa Irangamuntu Nshya

Buri Karere Kazashyirwamo Ikigo Cya TVET Cy’Ikitegererezo

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?