Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ubushinwa Bwemeye Kongera Ikibatsi Mu Mubano Wabwo N’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 September 2024 9:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’Ubushinwa Xi Jinping n’itsinda rye baraye baganiriye na mugenzi we Paul Kagame ku mikoranire irambye kandi inoze hagati ya Kigali na Beijing.

Muri ibyo biganiro, Ubushinwa bwiyemeje ko bugiye kongera ikibatsi mu mubano busanganywe n’u Rwanda

Abayobozi b’ibihugu byombi baganiriye ku mikoranire mu by’ubuzima, ibikorwaremezo, ikoranabuhanga no mu zindi nzego u Rwanda rufatanyamo n’Ubushinwa.

Mu ijambo Perezida Kagame yavuze ubwo yagira icyo abwira bagenzi be, yavuze ko imikoranire hagati ya Afurika n’Ubushinwa yagiriye akamaro impande zombi.

Avuga ko Afurika yagiriye amahirwe kuri iyo mikoranire bituma itera intabwe mu majyambere.

Perezida Kagame yakirwa na mugenzi we w’Ubushinwa Xi Jinping

Icyakora yavuze ko mu mikoranire iyo ari yo yose hagati y’ibihugu iba ikwiye gushingira ku bwubahane no gukorera mu nyungu z’abaturage.

Kagame avuga ko nta buryo bumwe bw’imiyoborere bukwiye kuba ubwa buri wese aho ari hose kuko ibihugu bidahuza amateka ahubwo ko ibikwiye ari ibikozwe mu nyungu z’abenegihugu.

Ibi kandi Kagame yagaragaje ko ari nabyo bigaragara mu Bushinwa bw’ubu kuko imiyoborere abaturage babwo bishyiriyeho mu mwaka wa 1949, ari yo yatumye bashobora guhangana n’ubukene.

Perezida Kagame ashima imikoranire y’u Rwanda n’Ubushinwa

Niyo yatumye ubu ari igihugu gikomeye mu bukungu ku isi.

Ibiganiro hagati y’ubuyobozi bukuru bw’u Rwanda n’Ubushinwa byageze ku ntego nziza kuko na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wabwo yabyemereje kuri X.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije w’Ubushinwa, Hua Chunying yavuze ko Igihugu cye cyiteguye kurushaho gushimangira umubano gifitanye n’u Rwanda.

Ati: “Inama ya FOCAC 2024 yatanze amahirwe adasanzwe yo kurushaho gushimangira ubushuti n’umubano w’Ubushinwa n’u Rwanda”.

Chunying avuga ko igihugu cye n’u Rwanda bizashyira imbere inyungu z’abaturage.

Ibi biganiro ku ruhande rw’u Rwanda byitabiriwe n’abayobozi kandi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana , Yusuf Murangwa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Komonyo, Francis Gatare uyobora RDB n’abandi.

Umubano w’u Rwanda n’u Bushinwa umaze imyaka 53.

TAGGED:AbaturageBushinwafeaturedIterambereKagameRwandaUmubanoXi Jinping
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Burundi: Abantu 300 Banduye Ubushita Bw’Inkende
Next Article 60.6% By’Abanyarwanda Bakoresha Internet
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?