Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubusitani Bwo Kwibuka: Ikimenyetso Cy’Uko u Rwanda Rwongeye Kwiyubaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubusitani Bwo Kwibuka: Ikimenyetso Cy’Uko u Rwanda Rwongeye Kwiyubaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2022 4:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Nyanza mu Karere ka Kicukiro mu marembo yinjira ku Rwibutso rwa Jenoside, hatashywe ubusitani bwo kwibuka. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana yavuze ko bubumbatiye amateka y’Abanyarwanda n’uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka.

Gutaha ubu busitani byayobowe na Madamu Jeannette Kagame wari umushyitsi mukuru.

Madamu Jeannette Kagame niwe wafunguye ubu busitani ku mugaragaro

Buriya busitani bugizwe n’ibice 15.

Muri byo harimo umurima w’indabo, umurima w’amasaka, icyumba cy’uruganiriro rwa benshi bita Amphithéâtre  .

Hari n’igice kirimo ahantu hari urufunzo n’amazi hakaba n’aherekana ubuvumo, imingoti n’ahandi hantu hose Umututsi yashoboraga kwihisha muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo arebe ko yaramuka.

Muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, hari Abatutsi benshi barokowe no kwihisha mu masaka nk’uko hari n’abihishe mu rufunzo bakarokoka.

Icyumba cy’uruganiriro rwa benshi kiri muri buriya busitani, gifite ubushobozi bwo kwakira abantu 3500 bakaganira ku ngingo zirimo amateka ya Jenoside, uko yahagaritswe n’intambwe y’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho kuva Jenoside yahagarikwa.

Umuhango wo gutaha ubu busitani witabiriwe n’abandi banyacyubahiro ndetse n’abaje bahagarariye IBUKA mu Bufaransa no mu Buholandi.

Mu ijambo rye, Minisitiri w’ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène Bizimana yerekanye ko mu gisobanuro cya buriya busitani, harimo kubumbatira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka.

Minisitiri Bizimana yavuze ko buriya busitani ari ubw’agaciro mu kuzirikana aho Abanyarwanda bavuye n’aho bagana

Ibuye ryo kubaka buriya busitani ryashyizweho muri Mata, 2019.

Amwe mu mafoto yerekana ubu busitani:

Ubu busitani bwatashywe kuri uyu 11, Nzeri, 2022.
Aha hari ubuvumo n’imyobo byerekana ahandi Abatutsi bihishaga ngo barebe ko baramuka
Si ukwibuka gusa ariko kuko n’umuntu ashobora kwicara mu buri ubu busitani akaruhura umutima
Igice gihinzemo amasaka yerekana aho Abatutsi benshi bihishe
Madamu Jeannette Kagame n’abandi banyacyubahiro ubwo bitabiraga iki gikorwa
Ni ubusitani bwatangiye kubakwa mu mwaka wa 2019.
Intego z’ubu busitani zirasobanutse
TAGGED:AbanyarwandaBizimanaKagameUbumweUrwibutso
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ese Koko Ibiri Mu Isanzure Byaryishyizemo Cyangwa Hari Umuhanga Wabikoze?
Next Article Akurikiranyweho Gutuka Perezida Tshisekedi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?