Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwami Bwa Luxembourg Bwafunguye Ambasade Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ubwami Bwa Luxembourg Bwafunguye Ambasade Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 November 2024 7:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Muri ba Ambasaderi Perezida Kagame yaraye yakiriye impapuro zabo zibemerera gukorera mu Rwanda, harimo n’uwa Luxembourg witwa Jeanne Crauser.

Aje guhagararira Luxembourg mu Rwanda nyuma y’uko narwo rwohereje uwahoze ari Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju kuruhagararira yo.

Jeanne Crauser yabwiye itangazamakuru ko ikimuzanye mu Rwanda atari ugutangiza umubano ahubwo ari ukuwukomeza.

Yagize ati: “ Ntabwo ikigiye kuba ari intangiriro y’umubano ahubwo ni ugukomeza uwo mubano. Ni umubano ugiye gutera intambwe nziza kurushaho kuko ari njye ubaye Ambasaderi wa mbere wa Luxembourg mu Rwanda”.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko icyicaro cya Ambasade ye kiri i Kigali kandi ko igihugu cye kizafatanya n’u Rwanda mu burezi, kwigisha abantu imyuga, guhanga no gushaka imirimo, guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ndetse no guteza imbere urwego rw’imari.

Crauser avuga ko ibyo bizafasha u Rwanda mu ntego rumaranye imyaka 30 z’iterambere rirambye.

Perezida Kagame kandi yakiriye abandi ba Ambasaderi barimo uwa Ghana witwa Ernest Yaw Amporful, Ambasaderi wa Sweeden witwa  Dag Sjöögren, Brig. Gen. Mamary Camara wa Mali na Lincoln G. Downer  wa Jamaica.

Izindi mpapuro Kagame yakiriye ni iza Ambasaderi Nadeska Imara Cuthbert Carlson  wa Nicaragua,  Savvas Vladimirou w’icyirwa cya  Cyprus, Ambasaderi  Patricio Alberto Aguirre Vacchieri wa Chile.

Yakiriye na Ambasaderi w’Ubusuwisi witwa Mirko Giulietti, Ambasaderi wa Armenia witwa Sahak Sargsyan na Ambasaderi wa Australia witwa Jenny Isabella Da Rin.

- Advertisement -

Inama y’Abaminisitiri yateranye taliki 18, Ukwakira, 2024 niyo yemeje ko mu bwami bwa Luxembourg u Rwanda ruhagararirwa na Aurore Munyangaju Mimosa.

Luxembourg ni igihugu gito kiyoborwa cyami.

Luxembourg uyirebeye mu ikarita y’ibindi bihugu byo mu Burayi.

Kiri mu Burayi kikaba gituranye n’Ubufaransa n’Ubudage.

Uretse ubukerarugendo, iki gihugu gifite urwego rw’imari rwateye imbere cyane kandi rukoresha ikoranabuhanga rigezweho.

Indimi zikoreshwa yo ahanini ni Igifaransa n’Ikidage, ariko n’ururimi rwabo gakondo bita Ikilugisamburu naryo hari abarukoresho biganjemo abatuye mu cyaro.

Mu mwaka wa  2011, Ikigo mpuzamahanga cy’imari, IMF, cyasohoye raporo yavugaga ko ubwami bwa Luxembourg ari cyo gihugu cya mbere gifite abaturage bakize ku isi ubaze ku mutungo igihugu cyose gifite ukawusaranganya abagituye.

Buri muturage yabarirwaga $80,119, kandi mu mwaka wa 2019 uwo muturage yari afite ubushobozi bwo guhaha buruta inshuro 261% iz’undi muturage w’Uburayi uwo ari we wese.

Raporo nyinshi zo mu bigo bikora ku bushakashatsi mu by’ubukungu bw’ibihugu zimeza ko Luxembourg ari kimwe mu bihugu bifite abantu babayeho neza kurusha abandi ku isi kandi muri byinshi.

U Rwanda rwo rushimirwa ko rufite ubukungu buzamuka neza kandi bugerageza kwihagararaho mu bibazo byose buhura nabyo.

Ni igihugu amahanga ashimira ko gitekanye kandi gicunga neza inkunga, inguzanyo cyangwa impano gihabwa.

TAGGED:AmbasaderifeaturedLuxembourgMunyangajuRaporoRwandaUbukerarugendoUbukunguUbwami
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Impungenge Ko Ku Isi Ibikoresho Bya Plastic Bizikuba Gatatu Mu Mwaka Wa 2060
Next Article Maroc Irashaka Gucuruzanya Na DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?