Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwoba Ni Bwose Mu Bakozi Ba Twitter
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Ubwoba Ni Bwose Mu Bakozi Ba Twitter

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2022 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Elon Musk afite umugambi wo kwirukana abakozi 1000 mu bari basanzwe bakorera Twitter aherutse kugura Miliyari 44 $.

Uyu mugabo ukize kurusha abatuye isi bose arateganya ko ku kwezi buri muntu ukoresha Twitter ku isi azajya amwinjiriza byibura $3 kandi ibi bizatuma akuba inyungu enye bitarenze umwaka wa 2028.

Iyi nyungu kandi ngo izazamurwa nanone n’uko abakoresha Twitter baziyongeraho abantu miliyoni 69.

Mu mwaka ushize Twitter yungutse Miliyari 5$.

Mu kuzamura umubare w’abakoresha Twitter , Elon Musk ateganya kuzabaha serivisi nshya yitwa Twitter Blue

Twitter Blue ni gahunda izafasha abakoresha uru rubuga nkoranyambaga gusangiza bagenzi babo uko biriwe n’uko baramutse.

Twitter ni rumwe mu mbuga zikunzwe kurusha izindi ku isi

N’ubwo yitegura gutangira guha abakuresha Twitter izindi serivisi yizeye ko bazakunda, Musk afite undi mugambi uzabababa abandi ari wo ‘kwirukana’ abakozi 1000.

Ubu Twitter ikoresha abakozi 7,500 ku isi hose.

Imirimo yo kumwegurira imikorere yose ya Twitter izamara amezi atandatu ishyirwa mu bikorwa.

Icyakora hari amakuru avuga ko mu myaka itatu izakurikira itangira rye ry’akazi, Elon Musk azaha akazi abandi bakozi benshi k’uburyo bazava ku bantu 7,500  Twitter ikoresha muri iki gihe bakagera ku bantu 11,000.

Abenshi bazaba bariza ibyitwa Engineering.

Ibi byose hamwe n’ibindi ateganya gukora, Elon Musk aherutse kubigeza ku bashoramari batandukanye.

Bikubiye mu nyandiko The New York Times ifitiye kopi, ni inyandiko bita  pitch deck.

Twitter Blue ni uburyo Twitter iteganya gukoresha ku isi hose aho abantu bazajya bishyura serivisi zayo mu gihe cy’ukwezi.

Ubu buryo bwatangiye gukoreshwa mu bihugu nka Canada, Leta zunze ubumwe z’Amerika, Australia na New Zealand.

N’ubwo Musk ari we mukire wa mbere ku isi, akaba abarirwa miliyari 255$, icyakora ngo amenshi muri aya mafaranga ari ku isoko ry’imigabane ry’ikigo cye kitwa Tesla nk’uko The Bloomberg yabitangaje mu mwaka ushize.

TAGGED:CanadafeaturedMiliyariMuskTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahagaritse Jenoside Yakorewe Abatutsi Batumye Ntabapfira Gushira
Next Article Sarkozy, Hollande… Batumiwe Mu Muhango Wo Kurahira Kwa Macron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?