Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwoba Ni Bwose Mu Bakozi Ba Twitter
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Ubwoba Ni Bwose Mu Bakozi Ba Twitter

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2022 10:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Elon Musk afite umugambi wo kwirukana abakozi 1000 mu bari basanzwe bakorera Twitter aherutse kugura Miliyari 44 $.

Uyu mugabo ukize kurusha abatuye isi bose arateganya ko ku kwezi buri muntu ukoresha Twitter ku isi azajya amwinjiriza byibura $3 kandi ibi bizatuma akuba inyungu enye bitarenze umwaka wa 2028.

Iyi nyungu kandi ngo izazamurwa nanone n’uko abakoresha Twitter baziyongeraho abantu miliyoni 69.

Mu mwaka ushize Twitter yungutse Miliyari 5$.

Mu kuzamura umubare w’abakoresha Twitter , Elon Musk ateganya kuzabaha serivisi nshya yitwa Twitter Blue

Twitter Blue ni gahunda izafasha abakoresha uru rubuga nkoranyambaga gusangiza bagenzi babo uko biriwe n’uko baramutse.

Twitter ni rumwe mu mbuga zikunzwe kurusha izindi ku isi

N’ubwo yitegura gutangira guha abakuresha Twitter izindi serivisi yizeye ko bazakunda, Musk afite undi mugambi uzabababa abandi ari wo ‘kwirukana’ abakozi 1000.

Ubu Twitter ikoresha abakozi 7,500 ku isi hose.

Imirimo yo kumwegurira imikorere yose ya Twitter izamara amezi atandatu ishyirwa mu bikorwa.

Icyakora hari amakuru avuga ko mu myaka itatu izakurikira itangira rye ry’akazi, Elon Musk azaha akazi abandi bakozi benshi k’uburyo bazava ku bantu 7,500  Twitter ikoresha muri iki gihe bakagera ku bantu 11,000.

Abenshi bazaba bariza ibyitwa Engineering.

Ibi byose hamwe n’ibindi ateganya gukora, Elon Musk aherutse kubigeza ku bashoramari batandukanye.

Bikubiye mu nyandiko The New York Times ifitiye kopi, ni inyandiko bita  pitch deck.

Twitter Blue ni uburyo Twitter iteganya gukoresha ku isi hose aho abantu bazajya bishyura serivisi zayo mu gihe cy’ukwezi.

Ubu buryo bwatangiye gukoreshwa mu bihugu nka Canada, Leta zunze ubumwe z’Amerika, Australia na New Zealand.

N’ubwo Musk ari we mukire wa mbere ku isi, akaba abarirwa miliyari 255$, icyakora ngo amenshi muri aya mafaranga ari ku isoko ry’imigabane ry’ikigo cye kitwa Tesla nk’uko The Bloomberg yabitangaje mu mwaka ushize.

TAGGED:CanadafeaturedMiliyariMuskTwitter
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahagaritse Jenoside Yakorewe Abatutsi Batumye Ntabapfira Gushira
Next Article Sarkozy, Hollande… Batumiwe Mu Muhango Wo Kurahira Kwa Macron
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?