Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ubwongereza Bwimye Visa Umunyarwandakazi Washakanye N’Umwongereza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ubwongereza Bwimye Visa Umunyarwandakazi Washakanye N’Umwongereza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 August 2023 2:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Claudine Uwamahoro w’imyaka 28 y’amavuko uherutse gusezerana n’Umwongereza w’imyaka 56 y’amavuko yimwe visa yo kujyana n’umugabo we ngo babane mu Bwongereza.

Umugabo wa Uwamahoro yitwa Simon Danczuk akaba yarigeze kuba Umudepite ariko aza kwirukanwa muri izo nshingano.

The Telegraph yanditse ko Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu Bwongereza byangiye Claudine Uwamahoro kujya mu Bwongereza ariko byemerera umugabo we kujya aza kumusura buri mezi abiri.

Muri Nzeri, 2023 nibwo bombi bashyingiranywe, hari mu birori byitabiriwe n’abantu 100 ‘gusa.’

Simon Danczuk yahoze ahagarariye igice cya Rochdale mu Nteko ishinga amategeko y’Ubwongereza, hakaba hari hagati y’umwaka wa 2010 n’umwaka wa 2017.

Amakuru agera kuri Telegraph avuga ko Ibiro by’Ubwongereza bishinzwe abinjira n’abasokoha, Home Office, byamenye ko iby’urukundo rwa bariya bantu ari ‘ikinamico.’

Ayo makuru avuga ko n’ubwo bombi baganiraga kenshi, bakohererezanya amafoto nk’uko aba ‘darlings’ basanzwe babigenza, ngo nta rukundo nyakuri bafitanye.

Ubwo Claudine Uwamahoro yuzuzaga inyandiko z’abashaka kujya kuba mu Bwongereza kuko bashakanye n’umuturage w’Ubwongereza, abashinzwe gusuzuma izo nyandiko basanze batamushira amakenga!

Bahisemo gutera utwatsi ubusabe bwe.

Danczuk na Uwamahoro bavuga ko bababajwe n’uko umwe muri bo yangiwe kujyana n’uwo bashakanye mu Bwongereza bitewe n’uko hari abashidikanyije ku ishingiro ry’umubano wabo.

Danczuk yahoranye umugore witwa Karen Burke wahoze ari umunyamideli ukomeye wakundaga gushyira ku mbuga nkoranyambaga amafoto ateye kwibazwaho.

Baje gutandukana mu mwaka wa 2015.

Claudine Uwamahoro

Ku rundi ruhande ariko Simon Danczuk yari yarigeze gushaka abandi bagore babiri barimo Sonia Rossinton babyaranye abana be bakuru ari bo George w’imyaka 25 na Mary w’imyaka 20.

TAGGED:BwongerezafeaturedKubanaRwandaUbukwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: Umushumba Aravugwaho Gusambanya Umwana W’Incuke
Next Article Koreya Y’Epfo Irashaka Gushyiraho Ikigega Ihuriyeho N’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Abangavu B’u Rwanda Batangiye Neza Irushanwa Nyafurika Rya Basketball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?