Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Uganda: Bapfukamye Basaba Museveni Kuziyamamariza Manda Ya Karindwi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Uganda: Bapfukamye Basaba Museveni Kuziyamamariza Manda Ya Karindwi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2022 3:16 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaganga bahagarariye abandi bapfukamye imbere ya Perezida wa Uganda bamusaba ko yabababarira akaziyamamariza manda ya karindwi.

Ni bamwe mu bagize Inama y’igihugu ry’abaganga ba Uganda yitwa Uganda Medical Association (UMA).

Bari bayobowe na Perezida wabo witwa Dr.Samuel Odong Oledo, kandi bose bari bambaye amatabuliya ya muganga, bigaragaraza  ko bamusabaga kuzakora ibyo bashaka nk’abanyamwuga.

The Monitor yanditse ko bariya baganga bagiraga bati: “ Nyakubahwa. Turagushimiye.  Wadukuye ahabi, twe abaganga none dupfukamye imbere yawe nyuma yo kubona ibyo wadukoreye byose kandi twabonye ko ufite ubushobozi.”

Bunzemo bati: “ Turagutakambiye ngo utwemerere uziyamamaze no mu mwaka wa 2026 kugira ngo ukomeze kutuzamura mu rugendo tugezemo. Turifuza ko Uganda igera kure aho Imana yayigeneye.”

Bivugwa ko bariya baganga bapfukamiwe Museveni bamusaba kuzongera kwiyamamaza ubwo hari harangiye Inama yaguye y’urubyiruko rugize Ishyaka riri k’ubutegetsi, NRM, iyo nama ikaba yarabaye ku wa Gatandatu taliki 03, Ukuboza, 2022.

Yabereye ahitwa Kololo.

Perezida Museveni ubu afite imyaka  78 y’amavuko.

Yageze k’ubutegetsi mu mwaka wa 1986.

Icyakora nyuma yo kuvuga kuriya,  bamwe mu baganga bagize Inama nkuru y’abaganga ba Uganda bamaganye ibyo bagenzi babo bakoze, ndetse basaba Dr. Oledo kwegura ku buyobozi bw’iriya nama.

Bamwe mu babyamaganye ni Nakku-Jolaba na Luswata mu itangazo banditse babyamagana.

TAGGED:AbagangafeaturedMuseveniPerezidaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngirente Avuga Ko Amabuye Y’Agaciro Agomba Kubyazwa Umusaruro ‘Kurushaho’
Next Article RIB Yafashe Ibicuruzwa Bifite Agaciro Ka Frw 15,988,025 Bitujuje Ubuziranenge
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rugiye Kwakira Inama Y’Abagaba Bakuru B’Ingabo Muri Afurika 

Imirwano Hagati Ya Israel Na Hamas Yubuye

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Indonesia, Azerbaijan Na Pakistan Mu Biganiro Na Amerika Byo Kohereza Ingabo Muri Gaza

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Rwamagana: Ubuyobozi Bwamurikiwe Igishanga Gitunganyijwe Cya Cyaruhogo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yakiriye Mugenzi We Wa Senegal 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu Rwanda

PM Nsengiyumva Asaba Abarangiza Kaminuza Kutazabera Igihugu Impfabusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?